Nta kudohoka mu rugendo rwo kwegera abaturage: Gahunda za Leta n’isuku ku isonga ry’ibiganiro mu nteko z’abaturage
Mu rwego rwo gukomeza kwegera abaturage no kubasobanurira gahunda za Leta zibafasha kwiteza imbere, Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke, Bwana Mupenzi Narcisse, yifatanyije n’abaturage b’Umurenge wa Gihombo, mu Kagari ka Butare, mu nteko y’abaturage yabereye aho kuri uyu wa kabiri, tariki ya 28 Ukwakira 2025.
Muri iyi nteko, Umuyobozi w’Akarere yaganirije abaturage ku ngingo zitandukanye zirimo guhugura abaturage kuri gahunda ya Ejo Heza yo kwizigamira igihe kirekire, isuku n’isukura, kwitabira ubwisungane mu kwivuza (Mutuelle de Santé), gukumira amakimbirane mu miryango, kurwanya ibiyobyabwenge, no gusigasira umutekano binyuze mu irondo rikozwe neza kandi rihoraho.
Ku rundi ruhande kandi mu murenge wa Gihombo akagari ka Jarama, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Madamu Mukankusi Athanasie, nawe yayoboye inteko y’abaturage abibutsa ko isuku ari isoko y'ubuzima, abakangurira kugira isuku ku mubiri n'aho batuye. Mu bindi byaganiriweho kandi harimi guhosha amakimbirane yo mu ngo, gutanga ubwisungane mu kwivuza n'ibindi.
Mu murenge wa Shangi aho Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré yari mu rugendo rwo gusura umuhanda Bushenge - Shangi - Nyabitekeri uri gukorwa yifatanyije n’abaturage bo mu Kagari ka Shangi, Umurenge wa Shangi, mu nteko y’abaturage baganira ku ngingo zinyuranye zirimo isuku n'isukura n'umuhanda uri gukorwa, abaturage basabwa kuzawubyaza umusaruro kandi bakawubungabunga.
Izi nteko z’abaturage zakozwe mu mirenge yose 15 igize Akarere ka Nyamasheke, aho abayobozi batandukanye basobanuriye abaturage gahunda za Leta, babashishikariza kugira uruhare mu bikorwa by’isuku, umutekano, no kwiteza imbere. Abayobozi mu nteko kandi bagejejweho ibibazo byerekeranye n'ibibazo muri serivisi z'ubutaka, inkunga igenerwa abageze mu zabukuru batishoboye n'ibindi, abayobozi bafatanya n'inzego bireba gushakira ibyo bibazo ibisubizo bikwiye.
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…