“Ntabwo igihugu gishobora gutera imbere umuturage n’umuyobozi badahura” – Meya Mupenzi Narcisse aganira n’abaturage ba Mariba
Mu ijambo rye, Meya Mupenzi yagaragaje ko kudahura hagati y’umuturage n’umuyobozi ari inzitizi ikomeye ku iterambere ry’igihugu, agaragaza ko nta gihugu cyagira intambwe gitera mu iterambere igihe abayobozi batumva ijwi ry’abaturage kandi abaturage badahabwa umwanya (nk'inteko z'abaturage) wo kugeza ibitekerezo n’ibibazo byabo ku bayobozi.
“Ntabwo igihugu gishobora gutera imbere umuturage n’umuyobozi badahura. Inteko y’abaturage si gahunda isanzwe gusa; ni urubuga rukomeye Leta yashyizeho kugira ngo ubuyobozi bwegere abaturage kandi nabo bagire uruhare mu bibakorerwa.”
Umuyobozi w’Akarere kandi yagarutse ku guteza imbere imibereho y’abaturage binyuze mu gahunda za Leta, zirimo ubwisungane mu kwivuza, kwizigamira muri gahunda ya Ejo Heza, n’ibindi bigamije kugira ngo umuturage azagire imibereho myiza mu gihe kizaza. Yashishikarije abaturage gukomeza kwitabira izo gahunda, abibutsa ko zashyizweho ngo zibafashe kubaka ejo hazaza heza.
Meya Mupenzi yibukije abaturage ko umuhanda Bushenge–Ntango watangiye gukorwa ari amahirwe akomeye, abasaba kuwukoresha neza no kubyaza umusaruro iterambere uzabazanira.
Nyuma yo kuganira ku bikorwa n’imishinga ya Leta, Meya Mupenzi yatanze umwanya uhagije wo kubaza ibibazo no gutanga ibitekerezo, afatanya n’ubuyobozi bw’umurenge n’akagari kugira ngo ibibazo byabajijwe bihabwe umurongo.
Abaturage bamwe kandi bashimye ubuyobozi bwa Nyakubahwa Perezida Paul Kagame, bavuga ko ibikorwa by’amajyambere mu karere harimo no n'umuhanda watangiye gukorwa biri mu bizakomeza kubafasha mu mibereho yabo ya buri munsi.
Uretse kandi inteko y'abaturage mu murenge wa Nyabitekeri ahari Meya w'akarere ka Nyamasheke, mu murenge wa Bushenge akagari ka Kagatamu bifatanyije n'umuyobozi wungirije ushinzwe iterambere ry'ubukundu Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, mu gihe umuyobozi w'akarere wungirije ushinzwe iterambere ry'imibereho myiza Madamu Mukankusi Athanasie yifatanyije n'abaturage mu murenge wa Ruharambuga mu kagari ka Ntendezi.
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…