Ntituje tukiri ba Sawuli ahubwo tuje twarabaye ba Pawulo

Umuyobozi w’akarere ka Nyamasheke Bwana Mupenzi Narcisse ari kumwe n’abandi bayobozi mu karere, ab’ingabo, polisi  n’abafatanyabikorwa b’akarere, yakiriye abagera ku 130 biganjemo urubyiruko basoje amasomo y’igororamuco mu kigo cy’i Wawa. 


Abasoje amasomo y’igoramuco bakiriwe kandi n’ababyeyi babo n’abandi bo mu miryango mu marangamutima menshi ubwo babonanaga nyuma y’igihe kinini batabonana. 


Uwitwa Urayeneza yagize ati: “Naje kwakira musaza wanjye Valens, twaherukanaga muri 2005. Nahamagawe n’umuyobozi mu kigo ngororamuco cy’i Wawa, amenyesha ko musaza wanjye ari ho ari. Ubu rero ndishimye cyane kandi ndashimira Leta y’u Rwanda  na Perezida Paul Kagame ko Yafashijwe kwiga umwuga wamufasha kandi agafashwa no guhinduka bityo nkaba nizeye ko agiye kugira icyo yakwimarira mu buzima.”


Uhagarariye abasoje amasomo y’igororamuco yashimiye Leta y’u Rwanda irangajwe imbere na Perezida Paul Kagame, ko yabafashije guhinduka kandi ikabigisha imyuga inyuranye izabafasha mu buzima busanzwe bityo bakava mu bibi bahozemo bakagira uruhare mu iterambere ryabo, iry’imiryango yabo n’igihugu muri rusange. Yasabye abayobozi n’ababyeyi babo kubizera kuko batakiri babandi bahoze mu bikora bibi n’ibiyobyabwenge, ati: “Ntitukiri ba Sawuli, ubu tuje twarabaye ba Pawulo.”


Umuyobozi w’akarere yabashimiye ko bifitiye icyizere abasaba ko icyizere ubuyobozi bubafitiye badakwiye kugipfusha ubusa. Yabasabye kwitwara neza bakabyaza umusaruro amahirwe igihugu cyabahaye. Yabibukije kandi ko imiryango yabo bagarutsemo atari Paradizo,  kugira ukwihangana, bakamenya uburyo bukwiye bwo gukemura ibibazo bitabaye ngombwa ko bibagusha mu makimbirane. 
 


Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->