Ntitwakwitega ejo heza h'umuryango n'igihugu, mu gihe hakiri abana bari mu mirire mibi by'umwihariko igwingira."
Imirire mibi, cyane cyane igwingira ku bana bari munsi y'imyaka 5, ni ikibazo gihangayikishije igihugu n'akarere ka Nyamasheke by'umwihariko! "Ntitwakwitega ejo heza h'umuryango n'igihugu, mu gihe hakiri abana bari mu mirire mibi by'umwihariko igwingira."
Mu rwego rwo kurwanya imirire mibi cyane cyane igwingira mu bana bari munsi y'imyaka 5, abayobozi b'ibigo by'ubuvuzi, abashinzwe imirire ku bitaro n'ibigo nderabuzima, abashinzwe isuku n'isukura n'ibikorwa by'abajyanama b'ubuzima mu bigo nderabuzima n'abayobozi b'imirenge, bateraniye mu nama nyunguranabitekerezo aho barebera hamwe imiterere y'ikibazo cy'imirire mibi by'umwihariko igwingira mu karere, hagafatwa ingamba nyazo zo guhangana n'iki ikibazo.
Iyi nama yakozwe ku bufatanye bw'akarere ka Nyamasheke n'ikigo cy'igihugu gishinzwe imikurire y'umwana NCDA n'umuryango nyafurika w'ivugabutumwa AEE.
Umuyobozi w'ishami ry'ubuzima mu karere ka Nyamasheke Bwana Byiringiro Jean Paul yasabye abitabiriye iyi nama kurushaho gufatanya bakagaragaza imiryango ifite ibibazo bijyana ku mirire mibi cyane cyane igwingira mu rwego rwo gukumira.
Yasabye inzego z'ubuvuzi kuva ku mujyanama w'ubuzima ukagera ku bitaro kurushaho kunoza imikorere n'imikoranire ku bufatanye n'inzego z'ibanze mu kurandura imirire mibi mu bana cyane cyane igwingira.
Mu rwego rwo kurushaho kuzamura ibikorwa by'ubukangurambaga kandi, hateganyijwe ibiganiro bigaruka ku kurwanya imirire mibi n'igwingira mu bana bari munsi y'imyaka 5, ibi biganiro bikaba bibera ku isoko rwa Rwesero aho biba binatambuka kuri Radio Flash Fm ako kanya (live).





Ku mugoroba wo ku wa Gatanu, tariki ya 27 Gashyantare 2026, Njyanama y’Akarere ka Nyamasheke yarateranye mu nama yayo idasanzwe igamije gusuzuma no…
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…