Nyamashehe, Akarere kabereye Ishoramari n’ Ubukerarugendo

 photo name Umuyobozi W’Akarere Ka Nyamasheke Kamali Aimé Fabien mu kiganiro n’Itangazamakuru Umuyobozi w'Akarere ka Nyamasheke Kamali Aimé Fabien arashimangira ko Akarere karimo Amahirwe menshi atarabyazwa umusaruro agahamagarira abashoramari kutaharenza ingohe Ibi yabigarutseho ubwo yari mu kiganiro n'Itangazamakuru ku wa 15 Gashyantare 2018. Yasobanuye ko mu gishushanyo mbonera cy'umugi wa Nyamasheke kigaragaramo ahantu hagenewe ibikorwa by'Ubukererugendo ndetse n'amahoteli ariko ko abantu bataritabira kubyaza umusaruro aya mahirwe nk'uko byifuzwa ariko ko hari bamwe babitangiye. Yagize ati " Akarere ka Nyamasheke kamaze kugaragaza igishushanyo mbonera cy'umugi gitandukanya aho guturwa n'ahagenewe ibindi bikorwa. Kubera imiterere y'aka karere rero, hari ahantu henshi habereye ubukerarugendo kandi koko biri mu gishushanyo mbonera. Hari ahandi twageneye amahoteli ku buryo abantu baturuka hirya no hino bakaza bakabona aho barara ndetse n'abashaka kuruhuka bakabona aho baruhukira. Ubu tumaze kwakira bamwe mu bashoramari bafiye kubaka amahoteli ndetse hari n’ uwitwa Alphred watangiye kubaka uri kugera ku musozo. Icyo twabanje gukora kwari ugushyiramo ibikorwaremezo nk’imihanda, amazi, amashanyarazi kandi byarahageze”. photo name Kivu Life Kumbya Echolodge : imwe mu mahoteli ari kubakwa ku Nkengero z’Ikiyaga cya Kivu Ibi kandi byagarutsweho n'Umukuru w'Igihugu ubwo yiyamamazaga mu Karere ka Nyamsheke aho yavuze ko mu Karere harimo amahirwe menshi y'ubukerarugendo ariko atarabyazwa umusaruro ariko yizeza abaturage ko bagiye kubiteza imbere Mu bikorwa by'ubukererugendo biherereye mu Karere ka Nyamasheke twavugamo nka Pariki y'Igihugu ya Nyungwe, Ikiyaga cya Kivu, Akarwa k'abakobwa, Ibigabiro by'umwami Rwabugiri, Umwaro w'umwami, ikigaga,… Igishushanyo mbonera cy'umujyi wa Nyamashske gifata utugari tumwe two mu mirenge ya Bushekeri, Kagano na Kanjongo naho igice cyahariwe ubukerarugendo n'amahoteli kikagaragara mu muduhudu wa Murwa wo mu kagari ka ninzi ya Kagano no mu kagari ka Shara. photo name Ikigaga : kwa Richard Kandti photo name Aha hantu hagiye umucanga haba habereye koga photo name Akarwa k’abakobwa:inkomoko y’izina Nyamasheke photo name photo name photo name

Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->