Nyamasheke : Abagore barahamya ko nabo bashoboye
Kuri uyu wa 8 Werurwe mu Murenge wa Karambi hizihijwe Umunsi Mpuzamahanaga w’Umugore ku rwego rw’Akarere ka Nyamasheke.
Kuri uyu munsi Abagore muri rusange bashimiye Umukuru w’Igihugu wabahaye ijambo maze bakagaragara mu ruhando rw’abandi. Bamuritse ibikorwa by’indashyikirwa bigejejeho binabumbiye mu mihigo bahize ku munsi mpuzamahanga w’Umugore wo mu cyaro wo ku wa 15 Ukwakira 2016 banaboneraho guhiga indi bazahigura ubutaha yose yerekeza ku iterambere n’imibereho myiza y’abaturage.
Abagore kandi bagaragaje ko nta mirimo igenewe abagabo gusa, ahubwo ko nabo bashobora gukora bakiteza imbere. Bamwe muri bo batanze ubuhamya bw’ibyo bigejejeho babikesha gutinyuka maze bibera abandi isomo nabo biyemeza guhaguruka bagakora maze bakiteza imbere. Aha twavuga nk’umugore witwa MUKAHIGIRO Pascasie umaze kugera kuri byinshi abikesha kudoda inkweto.
Yagize ati “Natangiye umurimo wo kudoda inkweto nihishahisha, nkorera mu nzu, bukeye ndatinyuka njya ahabona none ubu niyubakiye inzu ku muhanda y’imiryango ibiri umwe nywukoreramo ubucuruzi, undi ni wo nkoreramo imirimo y’ubudozi bw’Inkweto, nishyurira abana amashuri, naguze inka,….. byose mbikesha ubudozi bw’inkweto”.
Uwitwa MUKANDEKEZI Immaculée na we arishimira ko ubu ageze ku rwego rwo kujya kurangura amasaka i kigali akoresheje asaga miliyoni n’igice mu gihe yatangiriye ku mafaranga ibihumbi bibiri na magana atanu (2500 Frw) yakuye ku bwatsi yagurishije. Mu buhamya bwe arakangurira abagore kutitinya na cyane ko ari umupfakazi ariko watinyutse.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke Bwana KAMAL Aimé Fabien yibukije abantu bose ko bakomoka ku mugore bityo bikaba uburyo bwiza bwo kumuha agaciro nyako kamukwiye. Yibukije ko iterambere ari ubufatanye atari iry’umugore gusa anasaba abagore by’umwihariko nka bamutima w’urugo gukomeza guhangana n’ikibazo cy’imirire mibi n’uburere bw’Abana muri rusange.
Honorable Depite KANKERA Marie Josée nk’intuma y’Inteko ishinga amategeko ariko by’umwihariko nk’Intumwa y’Ihuriro ry’Abanyarwandakazi baba mu Nteko Ishinga amategeko wari n’Umushyitsi mukuru kuri uyu munsi yashimiye abagore ba Karambi uburyo bateguye uyu munsi anaboneraho kwibutsa ko umugore adafite umunsi umwe gusa mu mwaka ahubwo ko yose ari iyabo bafatanyije n’abagabo. Yibukije aho abagore bavuye aho bafatwaga nk’abatagize icyo bashoboye ndetse nabo bakabibona uko. Nawe yagarutse ku kintu cyo kubwira abagore gutinyuka bakabona ko nabo bashoboye maze bakiteza imbere yibutsa n’anadi gukura isomo mu buhanya bwa bagenzi babo batanze ubuhamya bw’uburyo biteje imbere.
Agaruka ku nsanganyamatsiko y’umunsi igira iti “Munyarwandakazi, Komeza Usigasira agaciro wasubijwe” yasbye gukora ibarura bakareba ibyo bagezeho maze bakabisigasira.
Uyu munsi kandi mu Murenge wa Karambi horojwe abagore bane babiri muri bo bahabwa inka abandi bahabwa intama.
Uyu munsi kandi wiziijwe hirya no hino mu midugudu y’Akarere ka Nyamasheke.
TUYIZERE Jacques
Public Relations, Media and Kommunication Officer
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…