Nyamasheke: Abanyamahoteli bashimiwe serivisi nziza n'isuku birangwa mu mahoteri zaho, basabwa kubigira umuco
Kuwa 30/10/2025 muri Hoteli Ibigabiro mu karere ka Nyamasheke hateraniye inama yahuje abibumbiye mu rugaga rw'amahoteli (Rwanda Hospitality Association) mu karere ka Nyamasheke, baganira ku ngingo zinyuranye zigamije kuzamura uru rwego mu karere n'iby'ingenzi bikwiye gukurikizwa kugira ngo batange serivisi nziza kubabagana kandi bagire uruhare mu iterambere ryabo n'iry'Akarere muri rusange.
Mu bitabiriye iyi nama harimo umuyobozi w'akarere wungirije ushinzwe iterambere ry'ubukungu Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré akaba ari nawe wayoboye inama, umukozi ushinzwe ishoramari mu rwego rw'amahoteli mu Rwanda (Rwanda Chamber of Tourism) Miss Mucyowera Furaha, bamwe mu bakozi ku karere bafite aho bahuriye n'ibikorwa by'amahoteli, utubari n'amacumbi, ingabo (RDF) n'umuyobozi w'Ikigo cy'igihugu cy'imisoro n'amahoro mu karere ka Nyamasheke.
Miss Mucyowera Furaha mu ijambo yagejeje ku bitabiriye inama yasobanuye byinshi ku bijyanye n'urwego rw'amahoteli mu Rwanda (Rwanda Chamber of Tourism) n'icyo rufasha abanyamuryango asaba abatariyandikisha ngo babe abanyamuryango kubikora kandi bagakurikiza ibisabwa.
Muri iri jambo kandi yavuze ko yatunguwe n'isuku na serivisi nziza yasanze muri hoteli za Nyamasheke mu magambo akurikira: "Hano i Nyamasheke ni ubwa mbere nari mpageze, ariko mbabwije ukuri, uko nahatekerezaga ntabwo ari ko nahasanze. Hari abo nabwiye nti: "Ngiye i Nyamasheke!" Bati: “Ese habayo iki?” Nti: “nzababwira ningaruka!” Kubera ko uko abantu bahavuga, batekereza ko ari kure, amahoteli make, ugasanga umuntu arakubwira ati: “Nyamasheke nziyo Malavilla, Hoteli Ibigabiro ni ibyo.”
Ikintu cya mbere cyantangaje ni isuku nahasanze! Icyo rwose nashimye. Icya kabiri ni umutuzo. Natekerezaga ko hari akavuyo…ariko haratuje pe, ntaho wahatandukanyiriza n'ibice bimwe bya Kigali. Mukomereze aho, ubuyobozi turabashimye cyane. Kuko umuntu arahagera akagira icyo yibwira nta n'ikintu arababaza. Niba ninjiye muri iyi hoteli nkasanga irasa neza, ntabwo ndibutekereze nyirayo, ahubwo ndatekereza ku mukozi akoresha. Nakunze uko umukozi wa hoteli aza kwakira abakiliya bakiva mu modoka, nabikunze kuko usanga hamwe na hamwe muri Kigali bidahari."
Abanyamahoteli kandi bakanguriwe kuzuza ibisabwa byose kugira ngo babe abanyamuryango b'urwego rw'amahoteli mu Rwanda bityo ibi bikaba bizaborohereza kubona ubundi bufasha butangwa nuru rwego ku banyamuryango barwo. Bagaragarijwe kandi ibyangombwa amahoteli asabwa kuba yujuje, abatarabibona byose basabwa kubishaka.
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…