Nyamasheke: Abaturage 1,008 batishoboye bishyuriwe ubwisungane mu kwivuza

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke ku bufatanye na AEE Rwanda, bwateguye igikorwa cy’ubukangurambaga kigamije kwimakaza isuku n’isukura no kurwanya indwara zitandukanye, kirangwa n'ubutumwa bunyuranye bugaruka ku isuku n'isukura ndetse, kurwanya indwara, umuganda wo kubakira ubwiherero imiryango itishoboye, gutanga isakaro ry'ubwiherero no kwishyurira ubwisungane mu kwivuza imiryango 1008. Ubu bukangurambaga bwateguwe mu gihe cy'iminsi 3 guhera ku wa 22-24 Kanama 2025. 

Muri iki gikorwa, abaturage 1,008 batishoboye bishyuriwe ubwisungane mu kwivuza, hanatangwa isakaro ku bwiherero bw’imiryango 12 itishoboye ndetse hapimwa indwara zitandura mu baturage.

Ubufatanye bw’amatorero n’amadini atandukanye bwarigaragaje, aho AEE Rusizi na Nyamasheke bishyuriye ubwisungane abaturage 125, Itorero ry'Abadisventiste b'umunsi wa 7 bakishyurira ubwisungane mu kwivuza abaturage 400, ADEPR ryishyurira 218, naho EMLR (Abamethodiste) ryishyurira 265.

Uretse kandi kwishyurira ubwisungane abaturage batishoboye, kuri uyu munsi hakozwe umuganda wo kubaka ubwiherero hanatangwa isakaro ry'amabati abakozi ba AEE Rusizi na Nyamasheke bageneye imiryango 12 yari ifite ubwiherero butajyanye n'igihe. 

Ubuyobozi bw'akarere bwashimiye AEE, amadini n'amatorero bafatanyije mu gikorwa cy'ubukangurambaga no kwishyurira ubwisungane mu kwivuza imiryango itishoboye, busaba n'abandi bafatanyabikorwa gutera intambwe nk'iyatewe kuri uyu munsi baharanira guteza imbere ubuzima bw'abaturage. 

Iki gikorwa cyabereye mu murenge wa Mahembe cyagaragaje ko ubufatanye hagati y'akarere n’abafatanyabikorwa bufite uruhare rukomeye mu guteza imbere imibereho myiza y’abaturage, hagamijwe ko buri wese abaho neza kandi afite ubuzima buzira umuze.


Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->