Nyamasheke: Abaturage 1,008 batishoboye bishyuriwe ubwisungane mu kwivuza
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke ku bufatanye na AEE Rwanda, bwateguye igikorwa cy’ubukangurambaga kigamije kwimakaza isuku n’isukura no kurwanya indwara zitandukanye, kirangwa n'ubutumwa bunyuranye bugaruka ku isuku n'isukura ndetse, kurwanya indwara, umuganda wo kubakira ubwiherero imiryango itishoboye, gutanga isakaro ry'ubwiherero no kwishyurira ubwisungane mu kwivuza imiryango 1008. Ubu bukangurambaga bwateguwe mu gihe cy'iminsi 3 guhera ku wa 22-24 Kanama 2025.
Muri iki gikorwa, abaturage 1,008 batishoboye bishyuriwe ubwisungane mu kwivuza, hanatangwa isakaro ku bwiherero bw’imiryango 12 itishoboye ndetse hapimwa indwara zitandura mu baturage.
Ubufatanye bw’amatorero n’amadini atandukanye bwarigaragaje, aho AEE Rusizi na Nyamasheke bishyuriye ubwisungane abaturage 125, Itorero ry'Abadisventiste b'umunsi wa 7 bakishyurira ubwisungane mu kwivuza abaturage 400, ADEPR ryishyurira 218, naho EMLR (Abamethodiste) ryishyurira 265.
Uretse kandi kwishyurira ubwisungane abaturage batishoboye, kuri uyu munsi hakozwe umuganda wo kubaka ubwiherero hanatangwa isakaro ry'amabati abakozi ba AEE Rusizi na Nyamasheke bageneye imiryango 12 yari ifite ubwiherero butajyanye n'igihe.
Ubuyobozi bw'akarere bwashimiye AEE, amadini n'amatorero bafatanyije mu gikorwa cy'ubukangurambaga no kwishyurira ubwisungane mu kwivuza imiryango itishoboye, busaba n'abandi bafatanyabikorwa gutera intambwe nk'iyatewe kuri uyu munsi baharanira guteza imbere ubuzima bw'abaturage.
Iki gikorwa cyabereye mu murenge wa Mahembe cyagaragaje ko ubufatanye hagati y'akarere n’abafatanyabikorwa bufite uruhare rukomeye mu guteza imbere imibereho myiza y’abaturage, hagamijwe ko buri wese abaho neza kandi afite ubuzima buzira umuze.
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…