Nyamasheke: Ambasade ya swede zasuye ibikorwa Swede itera inkunga.

Kuri uyu wa 22 Werurwe , intumwa za Ambasade ya Swede mu Rwanda zasuye ibikorwa bitandukanye byatewe inkunga n’umushinga witwa CORE (Creating Off-Farm Rwanda Enterprise) ukorera muri World Vision igihugu cya Swede gitera Inkunga.

Ubwo basuraga imishinga itandukanye yatewe inkunga abagenerwabikorwa bagiye bagaragaza akamaro gakomeye inkunga yabamariye, bavuga ko  yagize aho ibakura n’aho ibanjyana ndetse bakaba bafite ikizere cy’uko izakomeza kubagirira umumaro mu minsi iza.

Umuyobozi w’Ishuri rya Nyakanyinya wahawe icyumba mpahabwenge kirimo zamudasobwa zifite murandasi n’ibindi bikoresho binyuranye yabwiye izi ntumwa ko banejejwe no kugira izi mashini ndetse bikaba bibafitiye umumaro ufatika kuko ubu abanyeshuri bose guhera ku mwana wiga mu mashuri abanza kugera muyisumbuye basigaye bakirigita mudasobwa. Iki kigo kandi kimwe n’ahandi hose biri hirya no hino ntibifasha abanyeshuri gusa kuko binafasha abaturage kubona gahunda zitandukanye za eta dore ko ubu ibyangombwa byinshi bisigaye bitangwa binyuze mu ikoranabuhanga.

MUKAMACONDO Lucie w’imyaka 47 avuga ko nawe yashimishijwe no kwiga ikoranabuhanga muri iki kigo kandi akaba amaze kumenya byinshi. Yagize ati: “ubu nzi gufungura imashini, nzi kwandika, nzi kujya ku mbuga bamamarizaho nka facebook ni nayo nkoresha namamaza ibyanjye. Ikoranabuhanga ryaranshimishije ku buryo mutabyumva, ati ubu hari ubwato nakoresheje nzamamaza kuri facebook, muzabubona nko mu minsi 2,…”

Nyuma yo gusura icyumba mpahabwenge cya Nyakanyinya, hasuwe ishuri ry’imyuga rya Karengera mu murenge wa Kirimbi aho batewe inkunga y’ibikoresho bikoreshwa mu kwiga ibijyanye n’ubwubatsi, ububaji, ubudozi, amashanyarazi ndetse na mudasobwa zikoreshwa mu cyumba mpahabwenge.

Hasuwe kandi ikigo cy’urubyiruko cya Nyamasheke cyatewe inkunga mu myuga itandukanye ifasha urubyiruko kwikura mu bukene harimo ibijyane no gutunganya imisatsi, ubugeni, ubudozi, …. Na none hasuwe restaurent y’urubyiruko rwishyize hamwe ruterwa inkunga y’ibioresho byo gutangiza.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke Wungirije Ushinzwe Imari n’ Iterambere ry’Ubukungu Bwana NTAGANIRA Josoué Michel yashimiye intumwa za Ambasade, anababwira ko banejejwe n’inkunga batanze igaragaza impinduka zifatika mu mibereho y’Abaturage b’Akarere ka Nyamasheke. Yabijeje ko bazafatanya mu kurinda ibyo bahawe kugira ngo bikomeze bibagirire akamaro

Mu izina rya Ambasaderi wa Swede mu Rwanda, Umunyamabanga we wa mbere mu bujyanye n’ubukungu Madame Therese, yashimiye uburyo inkunga bateye Akarere ka Nyamasheke irigukoreshwa n’uburya yazamuye umuturage yizeza ubufatanye burambye.

Umushinga CORE wibanda ahanini guteza imbere urubyiruko n’abagore ufite igihe cy’imyaka itatu muri aka karere ukaba uzakoresha angana na miliyoni 5 z’amadorari ya Amarika mu turere twa rusizi n Nyamasheke habariwemo imirimo yose ikorwa.

 

TUYIZERE Jacques

     

Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->