Nyamasheke: hashyizwe ibuye ry’ifatizo ahazubakwa umudugudu w’ikitegererezo

Kuri uyu wa gatanu tariki ya 27 Mutarama hashyizwe ibuye ry’ifatizo ahazubakwa umudugudu w’ikitegererezo (IDP Modal village) mu murenge wa Bushekeri. Nk’uko Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke Wungirije Ushinzwe Iterambre ry’Ubukungu yabigaragaje, uyu mudugudu ugiye kubakwa uzaba uri kuri hegitari zirenga 9 uzaba ugaragaramo ibikorwa remezo byose umuntu akenera mu buzima bwe bwa buri munsi harimo amashuri, amavuriro, ibibuga by’imyidagaduro n’ibindi bikenerwa. Yongeyeho kandi ko nk’uko witwa ari umudugudu w’Ikitegererezo ari na ko hifuzwa ko Abanyarwanda bose batura. Yasobanuye kandi ko uyu mudugudu uzaturwamo n’abatishoboye baturutse hirya no hino mu rwego rwo kubafasha kubaho.

Ubwo yatangizaga uyu mushinga k mugaragaro Umunyamabanga Wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo Ushinzwe Ubwikorezi Dr NZAHABWANIMANA Alexis yashimiye Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke bwahisemo ahantu heza ho kubaka uyu mudugudu. Yibukije ko n’ubwo ku ikubitiro uzatuzwamo abatishoboye, nta muntu wakwifuza kuba atishoboye kugira ngo atuzwe na leta ahubwo ko yakwiye kuba agambirira kuba yishoboye akiyubakira nk’imwe mu nzu ziteganyijwe muri uwo mudugudu. Yakanguriye abagifite gahunda yo kubaka cyane cyane urubyiruko kurushaho kwegera abandi aho leta yateganyije kugira ngo babashe kugerwaho n’ibikorwaremezo bari hamwe kuko bigoye kubibasangisha batatanye.

 

 

TUYIZERE Jacques

PRMCO/NYAMASHEKE


Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->