Abagororwa bahamwe n'ibyaha bya jenoside 579 bari hafi gusoza ibihano byabo batangiye amahugurwa ku bumwe n'ubudaheranwa
Kuri uyu wa 3 Nzeri 2025, Umunyamabanga wa Leta uhoraho muri Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Bwana Mahoro Eric, yatangije ku mugaragaro icyiciro cya mbere cy’amahugurwa ku bumwe n’ubudaheranwa mu mwaka wa 2025-2026 agenewe abagororwa 579 barimo 16 bo mu Karere ka Nyamasheke bahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, bakaba bari hafi gusoza ibihano byabo.
Mu ijambo rye, Bwana Mahoro Eric yibukije abitabiriye ko aya mahugurwa ari amahirwe akomeye yunganira urugendo bamaze bagororwa. Yabasabye gukurikira neza inyigisho bazahabwa kugira ngo bamenye aho u Rwanda rugeze mu bikorwa by’ubumwe, ubudaheranwa n’iterambere, bityo bazabashe gusubira mu miryango yabo bafite imyumvire myiza.
Yagaragaje ko aya mahugurwa agamije gufasha abo bagororwa kwirinda isubiracyaha, kubana neza n’abo bazasanga mu miryango, gufatanya n’inzego z’ibanze mu bikorwa bya Leta byo kubaka igihugu, ndetse no kugendera kure imico n’imyumvire mibi ikwirakwizwa n’abashaka gucengeza ingengabitekerezo ya Jenoside binyuze ku mbuga nkoranyambaga.
Umunyamabanga wa Leta uhoraho kandi yibukije ko aya mahugurwa yatangijwe na Minisiteri guhera mu mwaka wa 2025 amaze gutanga umusaruro ku bagororwa basoje ibihano, aho yabafashije gusubira mu miryango yabo neza, kubana n’abandi mu mahoro no gufatanya n'abandi muri gahunda za Leta zinyuranye.
Uyu muhango wo gutangiza amahugurwa witabiriwe na CSP Olive Mukantabana, Komiseri w’agateganyo ushinzwe kugorora, abayobozi b'urwego rw'igororero ku ruhande rwa Rusizi na Nyamasheke, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, ndetse n’abayobozi ku rwego rw’Umurenge wa Macuba, aho Igororero rya Nyamasheke riri hubatswe.
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…