Abagororwa bahamwe n'ibyaha bya jenoside 579 bari hafi gusoza ibihano byabo batangiye amahugurwa ku bumwe n'ubudaheranwa

Kuri uyu wa 3 Nzeri 2025, Umunyamabanga wa Leta uhoraho muri Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Bwana Mahoro Eric, yatangije ku mugaragaro icyiciro cya mbere  cy’amahugurwa ku bumwe n’ubudaheranwa mu mwaka wa 2025-2026 agenewe abagororwa 579 barimo 16 bo mu Karere ka Nyamasheke bahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, bakaba bari hafi gusoza ibihano byabo.

Mu ijambo rye, Bwana Mahoro Eric yibukije abitabiriye ko aya mahugurwa ari amahirwe akomeye yunganira urugendo bamaze bagororwa. Yabasabye gukurikira neza inyigisho bazahabwa kugira ngo bamenye aho u Rwanda rugeze mu bikorwa by’ubumwe, ubudaheranwa n’iterambere, bityo bazabashe gusubira mu miryango yabo bafite imyumvire myiza.

Yagaragaje ko aya mahugurwa agamije gufasha abo bagororwa kwirinda isubiracyaha, kubana neza n’abo bazasanga mu miryango, gufatanya n’inzego z’ibanze mu bikorwa bya Leta byo kubaka igihugu, ndetse no kugendera kure imico n’imyumvire mibi ikwirakwizwa n’abashaka gucengeza ingengabitekerezo ya Jenoside binyuze ku mbuga nkoranyambaga.

Umunyamabanga wa Leta uhoraho kandi yibukije ko aya mahugurwa yatangijwe na Minisiteri guhera mu mwaka wa 2025 amaze gutanga umusaruro ku bagororwa basoje ibihano, aho yabafashije gusubira mu miryango yabo neza, kubana n’abandi mu mahoro no gufatanya n'abandi muri gahunda za Leta zinyuranye. 

Uyu muhango wo gutangiza amahugurwa witabiriwe na CSP Olive Mukantabana, Komiseri w’agateganyo ushinzwe kugorora, abayobozi b'urwego rw'igororero ku ruhande rwa Rusizi na Nyamasheke, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, ndetse n’abayobozi ku rwego rw’Umurenge wa Macuba, aho Igororero rya Nyamasheke riri hubatswe.


Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->