Nyamasheke hatanzwe ikiganiro kuri PANAFRICAN MOVEMENT
Mu Karere ka Nyamasheke kuri uyu wa kane tariki ya 17 Ugushyingo 2016 habereye ibiganiro bigamije ubukangurambaga kuri Panafrican Movement(PAM-RWANDA) no kumenyekanisha AU Agenda 2063 byatanzwe na Ladislas NGENDAHIMANA Umuvugizi wa MINALOC akaba anashinzwe PAM -RWANDA mu nzego z'ibanze ku rwego rw'Igihugu.
Yasobanuriye abitabiriye ibiganiro amavu n'amavuko ya Panafrican Movement, imikorere yayo n'icyerekezo cyawo. Aha yabwiye abari mu biganiro ko hifuzwa ko mu mwaka wa 2063 uwo hazaba hizihizwa imyaka 100 uyu muryango umaze utangijwe Afurika yaba igeze ku rwego rushimishije rwo kwigira kwayo bityo bikaba bisaba ko bihera ku muntu, ku rugo bikagera ku gihugu no ku mugabane wose muri rusange bityo mu Rwanda tukajya tuvuga ngo NDI UMUNYARWANDA W’UMUNYAFURIKA
Nyuma yo gusobanurirwa mu buryo bwimbitse ibirebana n'Umuryango PAM abari mu biganiro bose biyemeje kuba abanyamuryango ba PAM baranabisinyira uko bari 112.
Habayeho kandi amatora ya Komite ya Panafrican Movement y'Agateganyo ku rwego rw'Akarere ka Nyamasheke izategura amatora nyirizina bitarenze ukwezi kwa Mutarama 2016 isabwa gukangurira abaturage ba Nyamasheke kwiyumva muri PAM no gushyira mu bikorwa imyanzuro yafatiwe mu biganiro.
Komite igizwe n'aba bakurikira:
1. Umuyobozi :MUTUYIMANA Gabriel, Umunyamabanga nshingwabikorwa w'umurenge wa Gihombo
2.Umuyobozi wungirije :MUKAMUSABYIMANA Marie Jeanne, ashinzwe irangamimerere mu murenge
3.Umunyamabanga : NTIHEMUKA Elias akaba umunyamabanga nshingwabikorwa w'akagari
4.Komiseri ushinzwe ubukangurambaga : NTAGANIRA Josué Michel, akaba na Vice Mayor ushinzwe iterambere ry'ubukungu
5.Komiseri ushinzwe itangazamakuru :NDANGA Janvier, akaba Umuhuzabikorwa w’ikigo cy’Igihugu cy’Urubyiruko mu karere ka Nyamasheke
6.Komiseri ushinzwe Gender : INGABIRE TWAYINGANYIKI Fides, vice presidente wa CNF mu ntara y'iburengerazuba
7.Komiseri w'Urubyiruko : NDAGIJIMANA Eric,
8.Komiseri w'abafite ubumuga : azatorwa mu nama itaha abafite ubumuga bazahuriramo
Ibiganiro byayobowe na V/M Economic Development, byitabiriwe n'abakozi b'akarere bakorera ku karere, abanyamabanga nshingwabikorwa b'imirenge n'utugari, abashinzwe Irangamimerere mu mirenge, CNF, CNJR, Inama y'igihugu y'abafite ubumuga, abahagarariye amadini, PSF, JADF ndetse n'inzego z'umutekano zose zikorera mu karere.
Abari mu nama bishimiye PAM baniyemeza gushishikariza Abanyarwanda kuyibamo.
TUYIZERE Jacques
Public Relations, Media and Communication Officer
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…