Nyamasheke: Hatowe komite y'ihuriro ry'abana ku rwego rw'akarere
Kuri uyu wa 1 Nzeri 2025, mu Karere ka Nyamasheke no mu tundi turere dutandukanye habaye amatora ya Komite y’Ihuriro ry’Abana ku rwego rw’Akarere. Amatora yabereye mu cyumba cy’Ikigo cy’Urubyiruko (Nyamasheke Youth Center) akaba yafunguwe ku mugaragaro n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere, Bwana Muneza Placide.
Mu butumwa bwe, yabwiye abana ko bafite amahirwe akomeye yo guhagararira bagenzi babo, abasaba kubahiriza inshingano zabo no gutangira kwitoza imiyoborere bakiri bato.
Aya matora kandi yakurikiranwaga n’Umuhuzabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) ku rwego rw’Akarere, Madamu Uwamariya Consolée, n'abandi barimo polisi y'igihugu n'abakozi b'akarere bafashije kugira ngo amatora agende neza.
Amatora yitabiriwe ku kigero cya 100%, kuko abana bose 90 baturutse mu mirenge 15 y’Akarere ka Nyamasheke bitabiriye inteko itora. Nyuma y’itora, hatowe Komite nshya igizwe n’abana 6 (abakobwa 4 n’abahungu 2) bakurikira:
Amatora ku rwego rw’Intara y’Iburengerazuba azakomereza ku wa 2 Nzeri 2025 mu Karere ka Karongi guhera saa tatu za mu gitondo, aho abana batoranyijwe bazaba bahagarariye Nyamasheke biteguye neza hamwe n’imiryango yabo.
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…