Nyamasheke : Hibutswe abazize jenoside yakorewe abatutsi

Ubwo hirya no hino mu Rwanda ndetse no hirya no hino ku isi Abanyarwanda n’inshuti zabobatangiye iminsi ijana yo kwibuka abazize jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, Akarere ka Nyamasheke nako kibutse abazize jenoside byabeyere mu midugudu yose nk’uko byagenwe na komisiyo y’igihugu yo kurwanya jenoside. Ku rwego rw’Akarere ka Nyamasheke, Kwibuka abazize jenoside ku nshuro ya 22 byabereye mu Murenge wa Shangi mu Kagari ka Shangi mu mudugudu wa Busasamana. Kwibuka  byabimburiwe n’urugendo rwo kuzirikana inzira y’umusaba abazize jenoside banyuzemo hanashyirwa indabo ahahoze haruhukiye imibiri y’abazize jenoside mbere y’uko ijyanwa mu rwibutso nk’ikimenyetso cy’icyubahiro bahabwa, uwo muhango unakomereza ku Rwibutso rwa Shangi aharuhukiye imibiri isaga 10977. Uhagarariye IBUKA mu murenge wa Shangi yashimiye Akarere na Leta y’ubumwe bw’Abanyarwanda muri rusange uburyo badahwema kubitaho bakaba baranabubakiye amazu yo kubamo ndetse bakanishyurira abana amashuri ariko bagasaba ko ubuvugizi bwakomeza n’imitungo yangijwe muri jenoside ikishyurwa ndetse bagakomeza no gutekereza ku batari babonerwa amacumbi. Uwari uhagarariye Ingabo  Leut. Cornel MUVUNYI Said yibukije umwihariko wa jenoside yakorewe abatutsi kuko yo yateguwe, ikorwa ndetse ihagarikwa n’Abanyarwanda ubwabo. Yagarutse ku nsanganyamatsiko y’uyu mwaka igira iti “Twibuke jenoside yakorewe abatutsi turwanya ingengabitekerezo ya Jenoside” yasabye kandi ashimangira ko tutifuza kumva ingengabitekerezo ya jenoside aho yaba iturutse hose. Byanashimangiwe kandi n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke Bwana KAMALI Aimé Fabien wanibukije ko kwibuka atari iby’abantu bamwe ahuwo ari ibya bose. Intumwa ya rubanda mu nteko ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite Madame KANKERA Marie Josée wari umushyitsi mukuru muri uyu muhango, yihanganishije Abaturage ba Nyamasheke na Shangi by’Umwihariko. Yakomeje yibutsa ko hashize imyaka 22 twibuka aazize uko bavutse. Yanibukije impamvu hatoranyijwe Busasamana ngo abe ari ho hibukirwa ku rwego rw’Akarere. Yavuze ko ari gahunda y’Igihugu aho kuri iyi nshuro ya 22 hatoranyijwe imidugudu yashegeshwe na Jenoside aho na Bussasamana hatikiriye abasaga ibihumbi icumi. Yasobanuye imvo n’imvano yo kwikoramu nda kw’Abanyarwanda ko ari amacakubiri yabibwe mu Bana b’Abanyarwanda kugeza ubwo abasaga miliyoni bahatakarije ubuzima muri bo abarenga 53% ari urubyiruko, imbaraga z’igihugu. Na we yagarutse kunsanganyamatsiko yibutsa abari aho bose ko bakwiye guhashya ingengabitekerezo ya jenoside kuko ivangira  uyifite ntabe akireba neza n’uyigiriwe bikababuza gutera imbera bikadindiza Igihugu. Yagize ati “Mureke twihereho ubwacu twere imbuto nziza zihoraho zigumaho abana bacu bajye bazidusoromaho”.   TUYIZERE Jacques Public Relations, Media and Communication Officer

Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->