Nyamasheke : Hibutswe abazize jenoside yakorewe abatutsi
Ubwo hirya no hino mu Rwanda ndetse no hirya no hino ku isi Abanyarwanda n’inshuti zabobatangiye iminsi ijana yo kwibuka abazize jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, Akarere ka Nyamasheke nako kibutse abazize jenoside byabeyere mu midugudu yose nk’uko byagenwe na komisiyo y’igihugu yo kurwanya jenoside. Ku rwego rw’Akarere ka Nyamasheke, Kwibuka abazize jenoside ku nshuro ya 22 byabereye mu Murenge wa Shangi mu Kagari ka Shangi mu mudugudu wa Busasamana.
Kwibuka byabimburiwe n’urugendo rwo kuzirikana inzira y’umusaba abazize jenoside banyuzemo hanashyirwa indabo ahahoze haruhukiye imibiri y’abazize jenoside mbere y’uko ijyanwa mu rwibutso nk’ikimenyetso cy’icyubahiro bahabwa, uwo muhango unakomereza ku Rwibutso rwa Shangi aharuhukiye imibiri isaga 10977.
Uhagarariye IBUKA mu murenge wa Shangi yashimiye Akarere na Leta y’ubumwe bw’Abanyarwanda muri rusange uburyo badahwema kubitaho bakaba baranabubakiye amazu yo kubamo ndetse bakanishyurira abana amashuri ariko bagasaba ko ubuvugizi bwakomeza n’imitungo yangijwe muri jenoside ikishyurwa ndetse bagakomeza no gutekereza ku batari babonerwa amacumbi.
Uwari uhagarariye Ingabo Leut. Cornel MUVUNYI Said yibukije umwihariko wa jenoside yakorewe abatutsi kuko yo yateguwe, ikorwa ndetse ihagarikwa n’Abanyarwanda ubwabo. Yagarutse ku nsanganyamatsiko y’uyu mwaka igira iti “Twibuke jenoside yakorewe abatutsi turwanya ingengabitekerezo ya Jenoside” yasabye kandi ashimangira ko tutifuza kumva ingengabitekerezo ya jenoside aho yaba iturutse hose. Byanashimangiwe kandi n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke Bwana KAMALI Aimé Fabien wanibukije ko kwibuka atari iby’abantu bamwe ahuwo ari ibya bose.
Intumwa ya rubanda mu nteko ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite Madame KANKERA Marie Josée wari umushyitsi mukuru muri uyu muhango, yihanganishije Abaturage ba Nyamasheke na Shangi by’Umwihariko. Yakomeje yibutsa ko hashize imyaka 22 twibuka aazize uko bavutse. Yanibukije impamvu hatoranyijwe Busasamana ngo abe ari ho hibukirwa ku rwego rw’Akarere. Yavuze ko ari gahunda y’Igihugu aho kuri iyi nshuro ya 22 hatoranyijwe imidugudu yashegeshwe na Jenoside aho na Bussasamana hatikiriye abasaga ibihumbi icumi. Yasobanuye imvo n’imvano yo kwikoramu nda kw’Abanyarwanda ko ari amacakubiri yabibwe mu Bana b’Abanyarwanda kugeza ubwo abasaga miliyoni bahatakarije ubuzima muri bo abarenga 53% ari urubyiruko, imbaraga z’igihugu. Na we yagarutse kunsanganyamatsiko yibutsa abari aho bose ko bakwiye guhashya ingengabitekerezo ya jenoside kuko ivangira uyifite ntabe akireba neza n’uyigiriwe bikababuza gutera imbera bikadindiza Igihugu. Yagize ati “Mureke twihereho ubwacu twere imbuto nziza zihoraho zigumaho abana bacu bajye bazidusoromaho”.
TUYIZERE Jacques
Public Relations, Media and Communication Officer