Nyamasheke: Ibikorwa bitatu by'ubukerarugendo byatashywe ku mugaragaro
Kuri uyu wa 02 Nyakanga 2025 mu karere ka Nyamasheke hatashywe ibikorwa bitatu bishya by'ubukerarugendo bizafasha mu gukurura ba mukerarugendo no kuzamura iterambere ry'ubukerarugendo n'abaturage muri rusange.
Ni igikorwa cyitabiriwe n'abayobozi banyuranye barimo abanyamabanga nshingwabikorwa b'intara z'iburengerazuba n'amajyepfo, umuyobozi mukuru mu kigo cy'igihugu cy'iterambere (RDB) Bwana Jean-Guy Afrika n'umuyobozi ushinzwe ibikorwa by'amapariki muri Afrika (Malawi n'u Rwanda) Bwana Jes Gruner, n'abayobozi b'uturere dukora kuri Pariki y'igihigu ya Nyungwe (Nyamasheke, Karongi, Nyamagabe, Nyaruguru na Rusizi).
Ibikorwa bitatu byatashywe ku mugaragaro harimo igikorwa cy'ubukerarugendo bushingiye ku kugenda mu kirere hifashishijwe umugozi, ariko uru rugendo rukaba rugizwe n'ibice binyuranye aho urukora agenda anyura ahandu harimo inzitizi (nko kugenda utera intambwe ugakandagira ku ipine y'imodoka iziritswe n'imigozi mu kirere, kugenda ukandagira ku rutsinga kandi unanyura mu migozi y'insobe,..) bizwi mu ndimi z'amahanga nka “rope course” (Gisakura Rope course), hatashywe kandi ikindi gikorwa cy'ubukerarugendo bwo mu kirere bukorwa hifashishijwe umugozi ufashe ku rutsinga bizwi nka “zipline” (Nyungwe Zipline), hatahwa n'amacumbi azajya acumbikwamo na ba mukerarugendo basuye Pariki y'igihugu ya Nyungwe (Munazi Lodge).
Umuyobozi mukuru mu kigo cy'igihugu cy'iterambere (RDB) Bwana Jean-Guy Afrika yavuze ko ibikorwa by'ubukerarugendo byatashywe muri Pariki y'igihugu ya Nyungwe bigamije kwagura umusaruro w'ubukerarugendo muri Pariki y'igihugu ya Nyungwe, yongeraho kandi ko bizakomeza kwiyongera mu rwego rwo kuzamura imubare w'abakerarugendo basurau Pariki y'igihugu ya Nyungwe, kandi bikagira uruhare mu gutanga akazi no guteza imbere abaturage baturiye Pariki y'igihugu ya Nyungwe ari nako bigira uruhare mu iterambere ry'igihugu muri rusange.
Ku mugoroba wo ku wa Gatanu, tariki ya 27 Gashyantare 2026, Njyanama y’Akarere ka Nyamasheke yarateranye mu nama yayo idasanzwe igamije gusuzuma no…
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…