Nyamasheke: Igikorwa cy’Imurikabikorwa n’Imurikagurisha kigiye kujya kiba buri mwaka

Ku mugoroba wo ku wa 31 Kanama 2025, ku kibuga cy’umupira cya Kirambo hasojwe ku mugaragaro imurikabikorwa n’imurikagurisha (Open Day & Mini Expo) cyari kimaze icyumweru kibera muri Nyamasheke kuva ku wa 25 kugeza ku wa 31 Kanama 2025. Mu butumwa bwatanzwe n’ubuyobozi bw’Akarere, bwemeje ko iki gikorwa kizajya kiba buri mwaka mu rwego rwo guteza imbere ishoramari n’ubufatanye mu iterambere ry’akarere.

Mu ijambo rye, Umuyobozi w’Urugaga rw’Abikorera mu Karere ka Nyamasheke, Madamu Isabel Uzamukunda, yashimiye Ihuriro ry’Abafatanyabikorwa b'akarere (JADF Jyambere Nyamasheke) n’ubuyobozi bw’Akarere ku mitegurire myiza y’iki gikorwa ndetse n’ubufasha akarere katanze. Yashimangiye ko iki gikorwa cyagize akamaro kadasanzwe kandi asaba ko cyajya kiba buri mwaka kugira ngo kigire uruhare rukomeye mu guteza imbere ishoramari mu Karere.

Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu asoza iki gikorwa, yashimiye inzego zose n’abafatanyabikorwa batandukanye bagize uruhare mu gutegura no kwitabira igikorwa. Yavuze ko ku rwego rw’imitegurire n’ubwitabire bigaragaza ko igikorwa cy'imurikabikorwa n’imurikagurisha cyagenze neza; agira ati: “Uyu mwaka byari uburyo bwo kwipima ngo turebe ibyo dushoboye mu Karere, kandi twarize. Ibyaba bitaragenze neza bizadufasha gutegura neza igikorwa cy’umwaka utaha, kandi ubuyobozi bw’Akarere buzakora ibishoboka byose kugira ngo iki gikorwa kizajye kiba buri mwaka.”

Yasoje asaba Urugaga rw’Abikorera mu Karere ka Nyamasheke gukura amasomo ku bashoramari batandukanye bitabiriye iri murikagurisha, kugira ngo bongere kandi bagure ishoramari rigaragara ko rikenewe muri aka Karere.


Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->