NYAMASHEKE: Ihame ry’Uburinganire n’Ubwuzuzanye nk’inkingi y’iterambere n’umuryango utekanye
Kuri uyu wa 24 Nzeri 2025, mu cyumba cy’inama cy’Akarere ka Nyamasheke, Abasenateri Uwera Pelagie na Havugimana Emmanuel bakiriwe n’Umuyobozi w’Akarere, Bwana Mupenzi Narcisse, aho bagenzwaga no kugenzura ishyirwa mu bikorwa ry’ihame ry’Uburinganire n’Ubwuzuzanye, igikorwa cyateguwe na Komisiyo ya Politiki n’Imiyoborere ya Sena y'u Rwanda.
Iki gikorwa, kizamara icyumweru, hagamijwe kumva no kurebera hamwe uko abaturage, abayobozi n’abafatanyabikorwa bakomeza kwimakaza indangagaciro z’Uburinganire, mu rwego rwo kubaka umuryango ushoboye, uhamye kandi utekanye.
Ku munsi wa mbere w’uru ruzinduko, ku wa 23 Nzeri, abasenateri basuye Umurenge wa Kirimbi kandi bitabira Inteko y’abaturage yabereye mu Kagari ka Muhororo, aho baganiriye ku ruhare rw’ihame ry’ubwuzuzanye hagati y’umugabo n’umugore mu guteza imbere umuryango n’igihugu muri rusange. Abaturage bagaragaje ko n'ubwo hari ibibazo bikigaragara mu iryango imwe n'imwe, kwimakaza ihame ry’uburinganire byabafashije kugera ku mahoro arambye mu miryango, kwita ku bana babo no gushyira hamwe mu bikorwa bibateza imbere.
Kuri uyu wa 24 Nzeri, ibiganiro byakomereje mu Karere, aho Abasenateri baganiriye n’abafatanyabikorwa b’akarere, abikorera ndetse n’amadini n’amatorero ku ruhare rwabo mu guteza imbere indangagaciro z’Uburinganire. Hanagaragajwe uburyo aya abafatanyabikorwa afatanya n’akarere mu gushimangira amahirwe angana, kubahana no kurengera uburenganzira bw’umugore n’umugabo. Barebyeye hamwe kandi ibimaze gukorwa n'akarere gafatanyije n'abafatanyabikorwa, hatangwa inama kuri bimwe bikwiye gushyirwamo imbaraga nko gukomeza gukumira no gukurikirana abasambanya abana ku ngufu, gukurikirana imimpamvu abana b'abahungu bata ishuri kurusha abakobwa, uruhare rw'abagore mu buyobozi n'ibindi.
Abasenateri bibukije ko ubufatanye hagati y’abagabo n’abagore, kubahana no guha buri wese amahirwe angana ari byo bizatuma umuryango nyarwanda ukomera kandi iterambere rirambye rigera kuri bose.
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…