NYAMASHEKE: Ihame ry’Uburinganire n’Ubwuzuzanye nk’inkingi y’iterambere n’umuryango utekanye

Kuri uyu wa 24 Nzeri 2025, mu cyumba cy’inama cy’Akarere ka Nyamasheke, Abasenateri Uwera Pelagie na Havugimana Emmanuel bakiriwe n’Umuyobozi w’Akarere, Bwana Mupenzi Narcisse, aho bagenzwaga no kugenzura ishyirwa mu bikorwa ry’ihame ry’Uburinganire n’Ubwuzuzanye, igikorwa cyateguwe na Komisiyo ya Politiki n’Imiyoborere ya Sena y'u Rwanda.

Iki gikorwa, kizamara icyumweru, hagamijwe kumva no kurebera hamwe uko abaturage, abayobozi n’abafatanyabikorwa bakomeza kwimakaza indangagaciro z’Uburinganire, mu rwego rwo kubaka umuryango ushoboye, uhamye kandi utekanye.

Ku munsi wa mbere w’uru ruzinduko, ku wa 23 Nzeri, abasenateri basuye Umurenge wa Kirimbi kandi bitabira Inteko y’abaturage yabereye mu Kagari ka Muhororo, aho baganiriye ku ruhare rw’ihame ry’ubwuzuzanye hagati y’umugabo n’umugore mu guteza imbere umuryango n’igihugu muri rusange. Abaturage bagaragaje ko n'ubwo hari ibibazo bikigaragara mu iryango imwe n'imwe, kwimakaza ihame ry’uburinganire byabafashije kugera ku mahoro arambye mu miryango, kwita ku bana babo no gushyira hamwe mu bikorwa bibateza imbere.

Kuri uyu wa 24 Nzeri, ibiganiro byakomereje mu Karere, aho Abasenateri baganiriye n’abafatanyabikorwa b’akarere, abikorera ndetse n’amadini n’amatorero ku ruhare rwabo mu guteza imbere indangagaciro z’Uburinganire. Hanagaragajwe uburyo aya abafatanyabikorwa afatanya n’akarere mu gushimangira amahirwe angana, kubahana no kurengera uburenganzira bw’umugore n’umugabo. Barebyeye hamwe kandi ibimaze gukorwa n'akarere gafatanyije n'abafatanyabikorwa, hatangwa inama kuri bimwe bikwiye gushyirwamo imbaraga nko gukomeza gukumira no gukurikirana abasambanya abana ku ngufu, gukurikirana imimpamvu abana b'abahungu bata ishuri kurusha abakobwa, uruhare rw'abagore mu buyobozi n'ibindi. 

Abasenateri bibukije ko ubufatanye hagati y’abagabo n’abagore, kubahana no guha buri wese amahirwe angana ari byo bizatuma umuryango nyarwanda ukomera kandi iterambere rirambye rigera kuri bose.


Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->