Nyamasheke: Inama yiga ku kurengera no guteza imbere icyogogo cya Kivu
“Icyogogo cya Kivu si ikiyaga gusa, ni ubuzima, ni isoko y’iterambere rirambye ry’akarere n’igihugu.”
Icyogogo cy’ikiyaga cya Kivu si ikiyaga gusa, ahubwo ni umutungo kamere ukomeye w’u Rwanda. Ni isoko y’amazi, ubuhinzi n’ubworozi, ubukerarugendo n’ingufu, kandi ni inkingi y’iterambere rirambye ry’abaturage baturiye ikiyaga cya Kivu (Akarere ka Nyamasheke) n’utundi turere dukikije ikiyaga cya Kivu mu ntara y’Iburengerazuba,n’igihugu muri rusange.
Mu rwego rwo kubungabunga uwo mutungo udasanzwe, mu karere ka Nyamasheke hateraniye inama ya Komite y’icyogogo cya Kivu, igamije kuganira ku byago bishobora guhungabanya ibidukikije n’imibereho myiza y’abaturage, ndetse no gutekereza ku mahirwe akigaragaramo ashobora guteza imbere ubuzima n’ubukungu bw’abaturage.
Iyi nama ni igice cy’isesengura ry’ingaruka z’ibidukikije mu buryo burambye (Strategic Environmental Assessment – SEA) rigendeye ku Itegeko No 48/2018 rigenga ibidukikije, n’iteka rya Minisitiri No 002/2021 rigaragaza inzira n’inshingano mu gukora SEA. Ubu bushakashatsi burimo gukorwa n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amazi (Rwanda Water Resources Board – RWB) binyuze mu mushoramari wacyo, “Bureau for Engineering and Environmental Studies (BESST) Ltd.”
Abitabiriye inama ni abahagarariye ibyiciro binyuranye birimo: gukwirakwiza amazi mu ngo, kuhira, ubworozi bw’amatungo, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, inganda zitunganya ikawa, inganda z’amashanyarazi, ubworozi bwo mu mazi, abahagarariye amasosiyete y’ubucukuzi, inganda zitandukanye, abahagarariye imiryango itegamiye kuri Leta (NGOs), abahagarariye abafite ubumuga, ndetse n’abayobozi batandukanye b’akarere bafite aho bahurira no kubungabunga ibidukikije.
Nyuma yo kungurana ibitekerezo, byagaragaye ko icyogogo cya Kivu gifite amahirwe menshi yo guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi, kongera umusaruro w’inganda, kubyaza umusaruro amazi n’ingufu, no guteza imbere ubukerarugendo. Ariko byose bikaba bigomba gukorwa hubahirijwe ihame ryo kubungabunga ibidukikije no kurengera ejo hazaza h’abaturage baturiye icyogogo cy’ikiyaga cya Kivu.
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…