Nyamasheke: Mu murenge wa Kanjongo ku rwego rw'akarere hatangijwe igihembwe cy’ihinga haterwa ibigori bya IBRURIDE WH507

Uyu wa 23 Nzeri 2025 ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke bwifatanyije n'abaturage b'umurenge wa Kanjongo cyane cyane abibumbiye muri koperative y'abahinzi KODIKA ikorera kuri site ya Karundura/KODIKA mu rwego rwo gutangiza ku mugaragaro igihembwe cy’ihinga A, ahagiye guhingwa ibigori bya IBRURIDE WH507 (imbuto izwiho kwera cyane kandi ikihanganira ibihe bitandukanye by’ikirere) kuri hegitari 50. 

Koperative KODIKA, igizwe n’abanyamuryango barenga 1,500, bakaba bagaragaza ko kwishyira hamwe byagize uruhare rukomeye mu iterambere ryabo, haba mu kongera umusaruro, kwiteza imbere bagura amatungo bakomoraho ifumbire y'imborera ibafasha mu gufumbira, kwishyurira abana amashuri n'ibindi. 

Mukangoboka Marcelline, umujyanama w’ubuhinzi akaba n’umunyamuryango wa KODIKA, mu gutangiza igihembwe cy'ihinga A yerekanye uburyo bwo gutera imbuto z’ibigori, anagaragaza  ko amahugurwa bahawe yatumye ubuhinzi bwabo bugira impinduka ikomeye:
"Mbere twasaruraga ibiro 50 kuri are 1, ariko ubu tubasha gusarura ibiro 100 kuri are 1. Ibi bituma tubona ibyo kurya bihagije kandi tugasagurira n'amasoko."

Yakomeje agira inama abahinzi, abasaba gukurikiza amabwiriza ajyanye n’imihingire igezweho, gukoresha ifumbire mu buryo bwateganyijwe, gusura kenshi ibihingwa no kubyitaho uko bikwiye, kugira ngo umusaruro w’ibi bigori bya IBRURIDE WH507 uzabashe kuba mwinshi kandi ufite ubwiza buturuka ku kwitabwaho uko bikwiye.

Mu izina ry’ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke, Bwana Twigenge Jean Marie Vianney, Umuyobozi w’Ishami ry’Ubuhinzi n’Umutungo kamere, yashimye ibikorwa bya KODIKA, asaba abahinzi gukomeza gukurikiza amabwiriza y’ubuhinzi agamije kongera umusaruro.

Yagize ati:
"Turifuza ko igihe cyose hazajya havugwa izina KODIKA, abantu bakwiye kujy bumva koperative iri ku isonga mu buhinzi bw’ibigori mu Rwanda."


Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->