Nyamasheke: Mu murenge wa Kanjongo ku rwego rw'akarere hatangijwe igihembwe cy’ihinga haterwa ibigori bya IBRURIDE WH507
Uyu wa 23 Nzeri 2025 ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke bwifatanyije n'abaturage b'umurenge wa Kanjongo cyane cyane abibumbiye muri koperative y'abahinzi KODIKA ikorera kuri site ya Karundura/KODIKA mu rwego rwo gutangiza ku mugaragaro igihembwe cy’ihinga A, ahagiye guhingwa ibigori bya IBRURIDE WH507 (imbuto izwiho kwera cyane kandi ikihanganira ibihe bitandukanye by’ikirere) kuri hegitari 50.
Koperative KODIKA, igizwe n’abanyamuryango barenga 1,500, bakaba bagaragaza ko kwishyira hamwe byagize uruhare rukomeye mu iterambere ryabo, haba mu kongera umusaruro, kwiteza imbere bagura amatungo bakomoraho ifumbire y'imborera ibafasha mu gufumbira, kwishyurira abana amashuri n'ibindi.
Mukangoboka Marcelline, umujyanama w’ubuhinzi akaba n’umunyamuryango wa KODIKA, mu gutangiza igihembwe cy'ihinga A yerekanye uburyo bwo gutera imbuto z’ibigori, anagaragaza ko amahugurwa bahawe yatumye ubuhinzi bwabo bugira impinduka ikomeye:
"Mbere twasaruraga ibiro 50 kuri are 1, ariko ubu tubasha gusarura ibiro 100 kuri are 1. Ibi bituma tubona ibyo kurya bihagije kandi tugasagurira n'amasoko."
Yakomeje agira inama abahinzi, abasaba gukurikiza amabwiriza ajyanye n’imihingire igezweho, gukoresha ifumbire mu buryo bwateganyijwe, gusura kenshi ibihingwa no kubyitaho uko bikwiye, kugira ngo umusaruro w’ibi bigori bya IBRURIDE WH507 uzabashe kuba mwinshi kandi ufite ubwiza buturuka ku kwitabwaho uko bikwiye.
Mu izina ry’ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke, Bwana Twigenge Jean Marie Vianney, Umuyobozi w’Ishami ry’Ubuhinzi n’Umutungo kamere, yashimye ibikorwa bya KODIKA, asaba abahinzi gukomeza gukurikiza amabwiriza y’ubuhinzi agamije kongera umusaruro.
Yagize ati:
"Turifuza ko igihe cyose hazajya havugwa izina KODIKA, abantu bakwiye kujy bumva koperative iri ku isonga mu buhinzi bw’ibigori mu Rwanda."
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…