Nyamasheke mu Iterambere ry'uburezi, Ubuhinzi n’Ubuzima ku bufatanye n’abaterankunga
Kuri uyu wa 22 Nzeri 2025, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désidré, yakiriye itsinda riyobowe na Madamu Nyinawagaga Claudine, Umuyobozi Mukuru wa LODA, ari kumwe n’abakozi bayo ndetse n’abafatanyabikorwa ba LODA (KfW).
Iri tsinda ryakiriwe n’umuyobozi wungirije w’akarere ryari mu rugendo rugamije gusura no gukurikirana ibikorwa by’imishinga ishingiye ku buhinzi, uburezi n’ubuzima; aho iyi mishinga yatekerejwe mu rwego rwo gukemura ibibazo byagaragaraga mu buhinzi bw’insina mu murenge wa Bushekeri na Karengera, ubucucike mu burezi na serivisi inoze ku bagana ikigo nderabuzima cya Mwezi.
Nyuma yo kwakirwa ku karere, itsinda ryasuye ibikorwa by’ingenzi byatewe inkunga na Banki itsura amajyambere y’Abadage (KfW):
Abaturage bagaragaje ko bishimira imishinga y’ubuhinzi, uburezi n’ubuzima kuko hari izabafasha kwiteza imbere mu buhinzi, abana babo bakiga bisanzuye kandi na serivisi zo kwa muganga bakazazibona baherwa ahantu heza kandi hisanzuye.
Ku mugoroba wo ku wa Gatanu, tariki ya 27 Gashyantare 2026, Njyanama y’Akarere ka Nyamasheke yarateranye mu nama yayo idasanzwe igamije gusuzuma no…
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…