Nyamasheke mu Iterambere ry'uburezi, Ubuhinzi n’Ubuzima ku bufatanye n’abaterankunga

Kuri uyu wa 22 Nzeri 2025, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désidré, yakiriye itsinda riyobowe na Madamu Nyinawagaga Claudine, Umuyobozi Mukuru wa LODA, ari kumwe n’abakozi bayo ndetse n’abafatanyabikorwa ba LODA (KfW).
Iri tsinda ryakiriwe n’umuyobozi wungirije w’akarere ryari mu rugendo rugamije gusura no gukurikirana ibikorwa by’imishinga ishingiye ku buhinzi, uburezi n’ubuzima; aho iyi mishinga yatekerejwe mu rwego rwo gukemura ibibazo byagaragaraga mu buhinzi bw’insina mu murenge wa Bushekeri na Karengera, ubucucike mu burezi na serivisi inoze ku bagana ikigo nderabuzima cya Mwezi.

Nyuma yo kwakirwa ku karere, itsinda ryasuye ibikorwa by’ingenzi byatewe inkunga na Banki itsura amajyambere y’Abadage (KfW):

  • Uburezi: Hubatswe ibyumba 29 by’amashuri mu mirenge 6. Muri byo hakaba hasuwe ibyumba 5 harimo 3 kuri GS Maseka (Kanjongo) na 2 kuri Mwezi TSS (Karengera). Ibi byumba byagize uruhare rukomeye mu kugabanya ubucucike, biha abanyeshuri n’abarimu  kwigira mu buryo bworoshye kandi butanga umusaruro.
  • Ubuhinzi: Mu murenge wa Bushekeri, hasuwe ubuhumbikiro bwa kijyambere bwo mu nzu bw’insina (banana greenhouse). Abaturage batangaje ko indwara ya Kirabiranya yari yarabaciye intege, ariko ubu bafite icyizere ko imbuto nshya zizatuma bongera kubona umusaruro n’amafaranga yo kwiteza imbere.
  • Ubuzima: Ku kigo nderabuzima cya Mwezi, hatangiye ibikorwa byo kugisana no kukivugurura. Nk’uko byatangajwe n’Umuyobozi w’ikigo nderabuzima, Bwana Karangwa Jean Damascène, ibi bizafasha kwakira neza abarwayi no kongera serivisi z’ubuvuzi.


Abaturage bagaragaje ko bishimira imishinga y’ubuhinzi, uburezi n’ubuzima kuko hari izabafasha kwiteza imbere mu buhinzi, abana babo bakiga bisanzuye kandi na serivisi zo kwa muganga bakazazibona baherwa ahantu heza kandi hisanzuye. 


Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->