Nyamasheke mu rugamba rwo kuboneza urubyaro

Kubyara abo umuryango udashoboye kurera biracyari intandaro y’ubukene, imirire mibi n’amakimbirane mu miryango imwe n'imwe mu karere ka Nyamasheke. Abana benshi baracyavuka mu gihe imiryango yabo idafite ubushobozi bwo kubateganyiriza ejo hazaza. Iyo imiryango ibyaye abana benshi idafite ubushobozi bwo kubitaho, ubuzima bwabo buba buri mu kaga; abana ntibiga neza, imirire irahungabana, ndetse n’ubukene bukiyongera. Kwirengagiza kuboneza urubyaro bisiga ingaruka ku muryango wose no ku iterambere ry’Akarere.

Ni muri urwo rwego, kuva ku wa 15 kugeza ku wa 19 Nzeri 2025, Akarere ka Nyamasheke, ku bufatanye na RBC n'abafatanyabikorwa barimo HDI, UNFPA na RMS, hateguwe ubukangurambaga bwo kuboneza urubyaro.
Abajyanama b’Ubuzima n’abakozi b’amavuriro (amavuriro yo ku rwego rw'ibanze, ibigo nderabuzima n'ibitaro) bari gusura abaturage, babaha inyigisho n’ubufasha hanyuma abamaze kwigishwa bemeye gukoresha uburyo bwo kuboneza urubyaro bakabuhabwa.

Muri ubu bukangurambaga, hamaze kuboneka abantu 17 bazahabwa uburyo bwa burundu bwo kuboneza urubyaro, bakazafashirizwa ku bitaro, banahabwa uburyo bwo kuhagera n'amafunguro mu gihe bazaba bari ku bitaro. 
Ubukangurambaga bwamenyeshejwe abaturage binyuze mu matangazo yo mu nsengero, mu isibo n’ahandi hahurira abantu benshi.

Abaturage benshi batangiye kumva akamaro ko kuboneza urubyaro mu rwego rwo kugira umuryango utekanye, kurinda ubuzima bw’abana n’ababyeyi, no guhanga ejo hazaza heza h'umuryango. Iyo umuryango utaboneje urubyaro, uguma mu mwijima w’ubukene, uburwayi, amakimbirane mu muryango no kutagira ejo hazaza h'abana.

Insanganyamatsiko y’Ubukangurambaga igira iti:
"Kuboneza urubyaro, ejo hazaza heza."

Nyamasheke ntikwiye kugarizwa n'urusobe rw'ibibazo biterwa no kubyara abo umuryango udashobora kurera. Uburyo burahari kandi bwizewe—ni twe tugomba gufata iya mbere.


Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->