Nyamasheke mu rugamba rwo kuboneza urubyaro

Kubyara abo umuryango udashoboye kurera biracyari intandaro y’ubukene, imirire mibi n’amakimbirane mu miryango imwe n'imwe mu karere ka Nyamasheke. Abana benshi baracyavuka mu gihe imiryango yabo idafite ubushobozi bwo kubateganyiriza ejo hazaza. Iyo imiryango ibyaye abana benshi idafite ubushobozi bwo kubitaho, ubuzima bwabo buba buri mu kaga; abana ntibiga neza, imirire irahungabana, ndetse n’ubukene bukiyongera. Kwirengagiza kuboneza urubyaro bisiga ingaruka ku muryango wose no ku iterambere ry’Akarere.

Ni muri urwo rwego, kuva ku wa 15 kugeza ku wa 19 Nzeri 2025, Akarere ka Nyamasheke, ku bufatanye na RBC n'abafatanyabikorwa barimo HDI, UNFPA na RMS, hateguwe ubukangurambaga bwo kuboneza urubyaro.
Abajyanama b’Ubuzima n’abakozi b’amavuriro (amavuriro yo ku rwego rw'ibanze, ibigo nderabuzima n'ibitaro) bari gusura abaturage, babaha inyigisho n’ubufasha hanyuma abamaze kwigishwa bemeye gukoresha uburyo bwo kuboneza urubyaro bakabuhabwa.

Muri ubu bukangurambaga, hamaze kuboneka abantu 17 bazahabwa uburyo bwa burundu bwo kuboneza urubyaro, bakazafashirizwa ku bitaro, banahabwa uburyo bwo kuhagera n'amafunguro mu gihe bazaba bari ku bitaro. 
Ubukangurambaga bwamenyeshejwe abaturage binyuze mu matangazo yo mu nsengero, mu isibo n’ahandi hahurira abantu benshi.

Abaturage benshi batangiye kumva akamaro ko kuboneza urubyaro mu rwego rwo kugira umuryango utekanye, kurinda ubuzima bw’abana n’ababyeyi, no guhanga ejo hazaza heza h'umuryango. Iyo umuryango utaboneje urubyaro, uguma mu mwijima w’ubukene, uburwayi, amakimbirane mu muryango no kutagira ejo hazaza h'abana.

Insanganyamatsiko y’Ubukangurambaga igira iti:
"Kuboneza urubyaro, ejo hazaza heza."

Nyamasheke ntikwiye kugarizwa n'urusobe rw'ibibazo biterwa no kubyara abo umuryango udashobora kurera. Uburyo burahari kandi bwizewe—ni twe tugomba gufata iya mbere.


Hatangizwa icyumweru cy'icyunamo n'iminsi 100 yo #Kwibuka32 Meya Mupenzi Narsicce yibukije ko kudasesengura byagejeje u Rwanda kuri Jenoside

Meya Mupenzi Narcisse yashimangiye ko kuba amacakubiri yarazanywe n'abakoloni ariko abanyarwanda barimo abayobozi n'abaturage ntibagire isesengura…
Read more →

Ikipe y'abagore y'umurenge wa Mahembe ikomeje kuba ubukombe mu ntara y'Iburengerazuba

Ikipe y'abagore y'umurenge wa Mahembe ikomeje kuba ubukombe mu marushanwa Umurenge Kagame Cup aho mu myaka 2 yikurikiranya ikomeje kuza ku isonga…
Read more →

Nyamasheke mu rugamba rwo kuba iya mbere mu bwiza bwa Kawa n'ubwinshi bw'umusaruro nyuma yo kuba ku isongo mu kugira ibiti bya kawa byinshi

Akarere ka Nyamasheke kari ku mwanya wa mbere mu gihugu mu turere dufite ibiti bya kawa byinshi. Kuba aka karere gafite umubare w'ibiti bya kawa…
Read more →

Nyamasheke: PSF- Nyamasheke yahawe umukoro wo gushora imari mu bikorwa bisamikiye ku bukerarugendo

PSF-Nyamasheke yashimiwe uruhare ntagereranywa igira mu iterambere ry'Akarere, ihabwa umukoro wo gukora ishoramari rishamikiye ku bukerarugendo mu…
Read more →

Ingengo y’Imari Ivuguruye y’Akarere ka Nyamasheke Yatowe na Njyanama Yiyongereyeho Asaga Miliyari 3

Ku mugoroba wo ku wa Gatanu, tariki ya 27 Gashyantare 2026, Njyanama y’Akarere ka Nyamasheke yarateranye mu nama yayo idasanzwe igamije gusuzuma no…

Read more →

Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →
-->