Nyamasheke na Strive Foundation Rwanda mu rugamba rwo guteza imbere ubuzima bw’imyororokere bw’abangavu

Kuri uyu wa 13 Kanama 2025, Akarere ka Nyamasheke gafatanyije n'umufatanyabikorwa 'Strive Foundation Rwanda' batangije amahugurwa yihariye agamije kongerera abayobozi b’inzego z’ibanze ubumenyi n’ubushobozi bwo kuba abavugizi b’uburenganzira bw’abangavu n’abakobwa bakiri bato, no guteza imbere serivisi z’ubuzima bw’imyororokere zinoze kandi zubahiriza amategeko.

Mu izina ry'ubuyobozi bw'akarere, aya mahugurwa yatangijwe ku mugaragaro na Bwana Habyarimana Emmanuel umuyobozi w'ishami ry'uburezi mu karere ka Nyamasheke ahimira abafatanyabikorwa bateguye aya mahugurwa asaba abayitabiriye kuyakurikira neza kugira ngo azatange umusaruro mu guteza imbere ubuzima bw'imyororokere mu bangavu n'urubyiruko.

Aya amahugurwa yateguwe na Strive Foundation Rwanda (SFR) agamije kongera ubumenyi mu bayobozi b’inzego z’ibanze, gusobanukirwa no kuba abavugizi b’uburenganzira bw’Abangavu n’Abakobwa bakiri bato (AGYW) ndetse n’Abagore bakora uburaya (FSWs), harimo guteza imbere ubuzima bw’imyororokere n’ubuzima bw’imyororokere bw’abangavu (ASRHR) no kubona serivisi zo kwa muganga zijyanye no gukuramo inda zitateganyijwe mu buryo bwemewe n’amategeko.

N'ubwo Leta y’u Rwanda ishyira imbaraga mu guteza imbere ubuzima bw’imyororokere bw’urubyiruko, haracyari icyuho mu gutanga serivisi ku buryo bukwiye, cyane cyane ku bangavu n’abagore bakora uburaya.

Ibi bikururwa n’amakuru atari yo, imyumvire iganisha ku kwima uburenganzira abakeneye serivisi, ndetse n’imbogamizi zishingiye ku mikorere y’inzego zituma serivisi z’ibanze z’imyororokere zidatangwa ku buryo busesuye.

Intego z’ingenzi z’aya mahugurwa ni uguteza imbere no kunoza serivisi z’ubuzima bw’imyororokere bw’urubyiruko ku buryo zubahiriza uburenganzira bwa muntu, gushyira mu bikorwa serivisi z’ivuriro ry’ivana zubahiriza amategeko n’amabwiriza ya Leta, kurwanya imyumvire mibi n’amakuru atari yo ku bijyanye n’ubuzima bw’imyororokere, kongerera abayobozi b’inzego z’ibanze ubumenyi mu gukorera ubuvugizi (advocacy) no kohereza ababikeneye kuri serivisi zikwiye, ndetse no gushyiraho gahunda z’ibikorwa ku rwego rw’Akarere zizashyirwa mu bikorwa nyuma y’aya mahugurwa hagamijwe kugira impinduka zifatika.


Hatangizwa icyumweru cy'icyunamo n'iminsi 100 yo #Kwibuka32 Meya Mupenzi Narsicce yibukije ko kudasesengura byagejeje u Rwanda kuri Jenoside

Meya Mupenzi Narcisse yashimangiye ko kuba amacakubiri yarazanywe n'abakoloni ariko abanyarwanda barimo abayobozi n'abaturage ntibagire isesengura…
Read more →

Ikipe y'abagore y'umurenge wa Mahembe ikomeje kuba ubukombe mu ntara y'Iburengerazuba

Ikipe y'abagore y'umurenge wa Mahembe ikomeje kuba ubukombe mu marushanwa Umurenge Kagame Cup aho mu myaka 2 yikurikiranya ikomeje kuza ku isonga…
Read more →

Nyamasheke mu rugamba rwo kuba iya mbere mu bwiza bwa Kawa n'ubwinshi bw'umusaruro nyuma yo kuba ku isongo mu kugira ibiti bya kawa byinshi

Akarere ka Nyamasheke kari ku mwanya wa mbere mu gihugu mu turere dufite ibiti bya kawa byinshi. Kuba aka karere gafite umubare w'ibiti bya kawa…
Read more →

Nyamasheke: PSF- Nyamasheke yahawe umukoro wo gushora imari mu bikorwa bisamikiye ku bukerarugendo

PSF-Nyamasheke yashimiwe uruhare ntagereranywa igira mu iterambere ry'Akarere, ihabwa umukoro wo gukora ishoramari rishamikiye ku bukerarugendo mu…
Read more →

Ingengo y’Imari Ivuguruye y’Akarere ka Nyamasheke Yatowe na Njyanama Yiyongereyeho Asaga Miliyari 3

Ku mugoroba wo ku wa Gatanu, tariki ya 27 Gashyantare 2026, Njyanama y’Akarere ka Nyamasheke yarateranye mu nama yayo idasanzwe igamije gusuzuma no…

Read more →

Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →
-->