Nyamasheke na Strive Foundation Rwanda mu rugamba rwo guteza imbere ubuzima bw’imyororokere bw’abangavu
Kuri uyu wa 13 Kanama 2025, Akarere ka Nyamasheke gafatanyije n'umufatanyabikorwa 'Strive Foundation Rwanda' batangije amahugurwa yihariye agamije kongerera abayobozi b’inzego z’ibanze ubumenyi n’ubushobozi bwo kuba abavugizi b’uburenganzira bw’abangavu n’abakobwa bakiri bato, no guteza imbere serivisi z’ubuzima bw’imyororokere zinoze kandi zubahiriza amategeko.
Mu izina ry'ubuyobozi bw'akarere, aya mahugurwa yatangijwe ku mugaragaro na Bwana Habyarimana Emmanuel umuyobozi w'ishami ry'uburezi mu karere ka Nyamasheke ahimira abafatanyabikorwa bateguye aya mahugurwa asaba abayitabiriye kuyakurikira neza kugira ngo azatange umusaruro mu guteza imbere ubuzima bw'imyororokere mu bangavu n'urubyiruko.
Aya amahugurwa yateguwe na Strive Foundation Rwanda (SFR) agamije kongera ubumenyi mu bayobozi b’inzego z’ibanze, gusobanukirwa no kuba abavugizi b’uburenganzira bw’Abangavu n’Abakobwa bakiri bato (AGYW) ndetse n’Abagore bakora uburaya (FSWs), harimo guteza imbere ubuzima bw’imyororokere n’ubuzima bw’imyororokere bw’abangavu (ASRHR) no kubona serivisi zo kwa muganga zijyanye no gukuramo inda zitateganyijwe mu buryo bwemewe n’amategeko.
N'ubwo Leta y’u Rwanda ishyira imbaraga mu guteza imbere ubuzima bw’imyororokere bw’urubyiruko, haracyari icyuho mu gutanga serivisi ku buryo bukwiye, cyane cyane ku bangavu n’abagore bakora uburaya.
Ibi bikururwa n’amakuru atari yo, imyumvire iganisha ku kwima uburenganzira abakeneye serivisi, ndetse n’imbogamizi zishingiye ku mikorere y’inzego zituma serivisi z’ibanze z’imyororokere zidatangwa ku buryo busesuye.
Intego z’ingenzi z’aya mahugurwa ni uguteza imbere no kunoza serivisi z’ubuzima bw’imyororokere bw’urubyiruko ku buryo zubahiriza uburenganzira bwa muntu, gushyira mu bikorwa serivisi z’ivuriro ry’ivana zubahiriza amategeko n’amabwiriza ya Leta, kurwanya imyumvire mibi n’amakuru atari yo ku bijyanye n’ubuzima bw’imyororokere, kongerera abayobozi b’inzego z’ibanze ubumenyi mu gukorera ubuvugizi (advocacy) no kohereza ababikeneye kuri serivisi zikwiye, ndetse no gushyiraho gahunda z’ibikorwa ku rwego rw’Akarere zizashyirwa mu bikorwa nyuma y’aya mahugurwa hagamijwe kugira impinduka zifatika.
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…