Nyamasheke na Strive Foundation Rwanda mu rugamba rwo guteza imbere ubuzima bw’imyororokere bw’abangavu

Kuri uyu wa 13 Kanama 2025, Akarere ka Nyamasheke gafatanyije n'umufatanyabikorwa 'Strive Foundation Rwanda' batangije amahugurwa yihariye agamije kongerera abayobozi b’inzego z’ibanze ubumenyi n’ubushobozi bwo kuba abavugizi b’uburenganzira bw’abangavu n’abakobwa bakiri bato, no guteza imbere serivisi z’ubuzima bw’imyororokere zinoze kandi zubahiriza amategeko.

Mu izina ry'ubuyobozi bw'akarere, aya mahugurwa yatangijwe ku mugaragaro na Bwana Habyarimana Emmanuel umuyobozi w'ishami ry'uburezi mu karere ka Nyamasheke ahimira abafatanyabikorwa bateguye aya mahugurwa asaba abayitabiriye kuyakurikira neza kugira ngo azatange umusaruro mu guteza imbere ubuzima bw'imyororokere mu bangavu n'urubyiruko.

Aya amahugurwa yateguwe na Strive Foundation Rwanda (SFR) agamije kongera ubumenyi mu bayobozi b’inzego z’ibanze, gusobanukirwa no kuba abavugizi b’uburenganzira bw’Abangavu n’Abakobwa bakiri bato (AGYW) ndetse n’Abagore bakora uburaya (FSWs), harimo guteza imbere ubuzima bw’imyororokere n’ubuzima bw’imyororokere bw’abangavu (ASRHR) no kubona serivisi zo kwa muganga zijyanye no gukuramo inda zitateganyijwe mu buryo bwemewe n’amategeko.

N'ubwo Leta y’u Rwanda ishyira imbaraga mu guteza imbere ubuzima bw’imyororokere bw’urubyiruko, haracyari icyuho mu gutanga serivisi ku buryo bukwiye, cyane cyane ku bangavu n’abagore bakora uburaya.

Ibi bikururwa n’amakuru atari yo, imyumvire iganisha ku kwima uburenganzira abakeneye serivisi, ndetse n’imbogamizi zishingiye ku mikorere y’inzego zituma serivisi z’ibanze z’imyororokere zidatangwa ku buryo busesuye.

Intego z’ingenzi z’aya mahugurwa ni uguteza imbere no kunoza serivisi z’ubuzima bw’imyororokere bw’urubyiruko ku buryo zubahiriza uburenganzira bwa muntu, gushyira mu bikorwa serivisi z’ivuriro ry’ivana zubahiriza amategeko n’amabwiriza ya Leta, kurwanya imyumvire mibi n’amakuru atari yo ku bijyanye n’ubuzima bw’imyororokere, kongerera abayobozi b’inzego z’ibanze ubumenyi mu gukorera ubuvugizi (advocacy) no kohereza ababikeneye kuri serivisi zikwiye, ndetse no gushyiraho gahunda z’ibikorwa ku rwego rw’Akarere zizashyirwa mu bikorwa nyuma y’aya mahugurwa hagamijwe kugira impinduka zifatika.


Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->