Nyamasheke: Ubwiherero 10 bugezweho kandi bwubahirije ihame ry'uburinganire bwubakiwe abasoromyi b'icyayi mu nganda za Gisakura na Gatare

Mu rwego rwo guteza imbere isuku no kubahiriza ihame ry'uburinganire ku basoromyi b'icyayi mu nganda za Gisakura na Gatare, umufatanyabikorwa w'akarere HPA (Health Poverty Action) yubatse ubwiherero bugezweho 10 mu nganda z’icyayi za Gatare na Gisakura.

Buri ruganda rwubakiwe ubwiherero 5, aho buri bwiherero bwubatswe mu buryo bushyira imbere ihame ry’uburinganire. Bugizwe n’ibice bibiri bitandukanye bigenewe abagabo n’abagore.

Ubuyobozi bw’inganda zombi n’abasoromyi b'icyayi bashimiye umufatanyabikorwa ku bwiherero bwiyongera ku bwari busanzwe, bavuga ko iki atari igikorwa kizafasha abasoromyi gusa kuko n'abandi baturage bazaba bashobora kubukoresha.

Ubu bwiherero bwagiye bwubakwa ahantu abasoromyi bakunze guhurira ari benshi nko kuri hangari n'ahandi bigaragara ko abasoromyi benshi bahahurira bitewe n'imiterere y'imirima y'icyayi.

Uretse ubu bwiherero bwa kijyambere umufatanyabikorwa yubakiye izi nganda, HPA isanzwe ifatanya n'uruganda mu kubahiriza ihame ry'uburinganire mu micungire y'abakozi mu nganda.


Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->