Nyamasheke yifatanyije n’igihugu mu gutangiza iminsi 16 y'ubukangurambaga bugamije kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’icuruzwa ry’abantu

Umuyobozi w'akarere Bwana Mupenzi Narcisse uhereye ibumoso, Guverineri w'Intara y'Iburengerazuba Bwana Ntibitura Jean Bosco, Hon. Nyabyenda Damien na Mugenzi we Umuhoza Vanessa ku ruhande rw'iburyo

Kuri uyu wa 25 Ugushyingo 2025, mu karere ka Nyamasheke hatangijwe ubukangurambaga bw'iminsi 16 bugamije kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina n'icuruzwa ry'abantu. Igikorwa nk'iki cy'ubukangurambaga ku kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina ku rwego rw'isi cyatangiye mu 1991 bigizwemo uruhare n'impirimbanyi z'uburenganzira bwa muntu, mu Rwanda ubu bukangurambaga bukaba bwaratangiye mu mwaka wa 2017, kuva ubwo kikaba cyarabaye igikorwa ngarukamwaka.  

Itangizwa ry'ubu bukangurambaga ku rwego rw'Akarere ryabereye mu murenge wa Bushekeri, ryitabirwa na Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Bwana Ntibitura Jean Bosco, wagaragaje ko icyaha cy’ihohoterwa kidakwiye na rimwe kwihanganirwa, ndetse ko buri muturage afite uruhare mu kugikumira no kugitangaho amakuru kandi ku gihe. 

Mu bandi bitabiriye iki gikorwa harimo abadepite bari mu butumwa bw'akazi mu karere ka Nyamasheke bashimye umwanya bahawe mu gutangiza iminsi 16 yo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina n'icuruzwa ry'abantu, kandi batanga ubutumwa bushishikariza abaturage kubana neza mu miryango birinda amakimbirane kandi bakemura ibibazo mu bwumvikane.  

Iki gikorwa kandi cyitabiriwe n'umuyobozi w'Akarere ka Nyamasheke Bwana Mupenzi Naricisse wahaye ikaze abashyitsi agaragaza ko n'ubwo mu karere ka Nyamasheke ibyaha by'ihohoterwa rishingiye ku gitsina bihari (kuko bikorerwa mu bantu) ariko ko hari ubushake bwa politiki, gahunda n'amategeko byashyizweho na Leta y'u Rwanda bigamije kurwanya no gukumira ihohoterwa rishingiye ku gitsina. Yakomeje agaragaza ko nta kabuza ubufatanye bw'inzego za Leta n'abaturage bizatuma intego igihugu cyihaye zigerwaho. 

Mu butumwa bwatanzwe n'urwego rw'ubugenzacyaha (RIB) mu karere ka Nyamasheke hagaragajwe ko ubushakashatsi bwakozwe kuva mu mwaka wa 2020-2023 bwagaragaje ko abantu ibihumbi 200 bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina ku rwego rw'isi barimo 297 bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina mu Rwanda bagizwe na 75% b'igitsina gore. Uru rwego rwakomeje rugaragaza amategeko n'ibihano bihabwa uwakoze ihohoterwa, abaturage basabwa gukumira no kurwanya ibi byaha by'ihohoterwa rishingiye ku gitsina n'icuruzwa ry'abantu. Bakanguriwe kandi gutanga amakuru ku byaha by'ihohoterwa rishingiye ku gitsina bitangiriye ku wahohotewe.  

Guverineri Ntibitura Jean Bosco yibukije abaturage ko ihohoterwa rishingiye ku gitsina atari icyaha cyungirwa mu muryango, abasaba guhindura imyumvire bagatandukana no guhishira abakoze ihohoterwa rishingiye ku gitsina no gutanga amakuru hakiri kare kugira ngo ubutabera bukore akazi kabwo. Yasoje ijambo rye yizeza ko ubu bukangurambaga buzakomeza gukorwa mu turere twose tw'intara y'Iburengerazuba binyuze mu nteko z'abaturage, imiganda, mu nsengero n'ahandi hahurira abaturage. 

Mu gukomeza kurinda no kwita ku bahohotewe, abaturage bakanguriwe kwitabaza serivisi za Isange One Stop Center ziboneka ku bitaro by’Intara bya Bushenge ndetse no ku bitaro bya Kibogora. Izi serivisi zitangwa ku buntu, kandi zizewe, zirimo ubuvuzi, ubujyanama mu by’imitekerereze, no gufasha mu gukurikirana mu butabera.

Insanganyamatsiko y'ubu bukangurambaga igira iti: “Twubake umuryango uzira ihohotera!"


Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->