Perezida wa Repubulika Paul Kagame yashimye irage yahawe n’ Umuturage w’ Akarere ka Nyamasheke

Mu izina rya Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Minisitiri mu Biro bye Uwizeye Judith yakiriye irage Intwaza Nyirangerageza Marianne yageneye Perezida wa Repubulika.

 

Nk’ uko byasobanuwe na Perezidante wa AVEGA ku rwego rw’ Igihugu Mukabayire Valérie ari na bo bari babitse inyandiko zikubiyemo irage  , Intwaza  Nyirangerageza yafashe icyemezo cyo kuraga Perezida wa Rupubulika kuko nyuma yo kubura abe bose (Abana icumi n’ umugabo) muri jenoside yakorewe Abatutsi , Perezida wa Repubulika ari we wahagaze mu mwanya wabo, anamuha agaciro yariyarambuwe n’ umuryango yasigaranye.

Yasize avuze ati “ Paul Kagame ni we wanyubakiye maze kuba incike, abonye intege zimbanye nke angenera ingoboka, ndetse ngeze mu za bukuru anyegereza abandi mu Mudugudu w’ Impinganzima”

Imitungo yose Nyirangerageza Marianne yaraze Perezida wa Repubulika Kagame Paul, igizwe n’ imirima itatu n’ inzu yabagamo mbere y’ uko atuzwa mu Mudugudu w’ Impinganzima mu Karere ka Rusizi , biherereye mu Murenge wa Bushekeri, akagari ka Nyarusange Umudugudu wa Mubuga.

Nk’ uko byasobanuwe na Minisitiri mu Biro bya Perezida wa Repubulika  Uwizeye Judith mu izina rya Perezida wa Repubulika, yakiriye iri rage ndetse aranaryishimira avuga ko yifuza ko hazubakwa igikorwaremeza kigirira akamaro abahatuye bose nk’ ikimenyetso gishimira umutima usima wa Nyirangerageza.

Umubyeyi Nyirangerageza Marianne yashaje mu kwezi kwa Gicurasi 2020 afite imyaka 73 y’ amavuko Kb yari amaze igihe atujwe mu Mudugudu w’ Impinganzima wagenewe Intwaza mu Karere ka Rusizi.


Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->