Rangiro, Ihuriro Tuzirikane Gakondo ryatangiye abantu 100 ubwisungane mu kwivuza.

Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 27 Nyakanga 2019, ihuriro tuzirikane gakondo ry’abaturuka mu Murenge wa Rangiro mu Kagali ka Banda bishyuriye ubwisungane mu kwivuza abantu 100 batishoboye baturutse mu miryango 17.

Ni nyuma y’igikorwa cy’Umuganda rusange usoza ukwezi kwa nyakanga wabareye muri aka Kagali ka Banda ku rwego rw’Akarere aho abaturage bifatanyije n’Umuyobozi w’Akarere Wungirije Ushinzwe Iterambere ry’ Imibereho Myiza y’Abaturage, Abayobozi b’ imirenge, Ingabo, ndetse n’abayozi b’amatorero atandukanye, hakorwa ibice by’umuhanda uva muri santere ya Banda werekeza ku Winka.

Nyuma y’Umuganda, abaturage bateraniye muri iyi santere baganira n’Abayobozi kuri gahunda za Leta zitandukanye. Umuyobozi w’Umurenge yakiriye umuyobozi w’Ihuriro Tuzirikane Gakondo, wavuze ko bakunda kandi bafite ku mutima gakondo yabo n’ubwo bakorera ahandi, yaboneyeho umwanya wo gutanga impano iri Huriro ryageneye bamwe mu baturage batishoboye bo mu tugali dutandukanye two mu mirenge ya Rangiro na Cyato (icyahoze ari Banda ya kera).

Impano ingana n’amafaranga y’U Rwanda ibihumbi maganatatu (300,000) niyo iri Huriro ryageneye aba baturage 100 batishoboye baturuka mu miryango 17, azakoreshwa mu kubishyurira ubwisungane mu kwivuza.

Umuyobozi w’iri Huriro Assiel akomeza avugako bazakomeza gukora n’ibindi bikorwa, mu rwego rwo gutanga umusanzu wabo mu iterambere ry’agace baturukamo ndetse n’ Igihugu muri rusange.

Uretse iri huriro ryishyuriye abantu 100 ubwisungane mu kwivuza, Itorero Iriba ry’amahoro y’’Imana naryo rikaba ryarishyuriye abantu 5 ubwisungane mu kwivuza.

Thomas, Umwe mu bishyuriwe ubwisungane mu kwivuza, yashimye Ubuyobozi bwateguye iki gikorwa ndetse n’ iri Huriro ku gikorwa cy’indashyikirwa ryabakoreye.

Umuyobozi w’Akarere Wungirije Ushinzwe Iterambere ry’ Imibereho Myiza y’ Abaturage yashimiye abagize iri Huriro, ku bwo kuzirikana aho bavuka anasaba ko n’abandi bareberaho.


Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->