Rangiro : niho hizihirijwe umusi w’Intwari ku rwego rw’Akarere

Kuri uyu wa 01  Gashyantare hirya no hino mu midugudu igize akarere ka Nyamasheke kimwe n’ahandi hose mu Gihugu hizihijwe umunsi Mukuru w’Intwari. Ku rwego rw’Akarere ka Nyamasheke uyu munsi wizihirijwe mu Murenge wa Rangiro. Ibirori byo kuzirikana ubutwari bw’Abanyarwanda  mu Murenge wa Rangiro byabimburiwe n’Umukino w’umupira w’amaguru wahuje ikipe ya Nyamasheke n’iy’Umurenge wa Rangiro.

Mu ijambo rye Umuyobozi wa police mu karere ka Nyamasheke Spt BURAHINDA yashimiye uburyo abaturage bakeye ndetse n’urubyiruko rwitabiriye ku bwinshi  rugaragaza icyizere cy’ejo hazaza h’Igihugu. Yavuze ko kuri ubu igihugu gitekanye bivuye ku ntwari zacyitangiye. Yakanguriye abaturage kutirara ngo basinde umutekano ahubwo abasaba guhaguruka bagakomeza kuwuharanira anaboneraho kubibutsa ko ubu umuteka na wo twimirije imbere ari imibereho myiza y’Abanyarwanda.

Umuyobozi w’Akarere Wungirije Ushinzwe Imari n’Iterambere ry’Ubukungu Bwana NTAGANIRA  Josué Michel wari n’Umushyitsi mukuru kuri uyu munsi yibukije ko buri gihugu gifite uburyo kirebamo ubutwari ariko mu Rwanda ho bigashingra ahanini ku mateka yakiranze aho byasabye ko hagira abakitangira bakemera no kuhasiga ubuzima bwabo kugira ngo kibe kiri uko kiri ubu . yagarutse ku nsanganyamatsiko y’uyu munsi aho yavuze ko mu guhitamo ibitubereye ari ukwihesha agaciro buri wese aharanira guhesha amahoro mugenzi we bituganisha ku iterambere rirambye.

  TUYIZERE Jacques PRMCO /Nyamasheke

Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->