Rangiro : niho hizihirijwe umusi w’Intwari ku rwego rw’Akarere

Kuri uyu wa 01  Gashyantare hirya no hino mu midugudu igize akarere ka Nyamasheke kimwe n’ahandi hose mu Gihugu hizihijwe umunsi Mukuru w’Intwari. Ku rwego rw’Akarere ka Nyamasheke uyu munsi wizihirijwe mu Murenge wa Rangiro. Ibirori byo kuzirikana ubutwari bw’Abanyarwanda  mu Murenge wa Rangiro byabimburiwe n’Umukino w’umupira w’amaguru wahuje ikipe ya Nyamasheke n’iy’Umurenge wa Rangiro.

Mu ijambo rye Umuyobozi wa police mu karere ka Nyamasheke Spt BURAHINDA yashimiye uburyo abaturage bakeye ndetse n’urubyiruko rwitabiriye ku bwinshi  rugaragaza icyizere cy’ejo hazaza h’Igihugu. Yavuze ko kuri ubu igihugu gitekanye bivuye ku ntwari zacyitangiye. Yakanguriye abaturage kutirara ngo basinde umutekano ahubwo abasaba guhaguruka bagakomeza kuwuharanira anaboneraho kubibutsa ko ubu umuteka na wo twimirije imbere ari imibereho myiza y’Abanyarwanda.

Umuyobozi w’Akarere Wungirije Ushinzwe Imari n’Iterambere ry’Ubukungu Bwana NTAGANIRA  Josué Michel wari n’Umushyitsi mukuru kuri uyu munsi yibukije ko buri gihugu gifite uburyo kirebamo ubutwari ariko mu Rwanda ho bigashingra ahanini ku mateka yakiranze aho byasabye ko hagira abakitangira bakemera no kuhasiga ubuzima bwabo kugira ngo kibe kiri uko kiri ubu . yagarutse ku nsanganyamatsiko y’uyu munsi aho yavuze ko mu guhitamo ibitubereye ari ukwihesha agaciro buri wese aharanira guhesha amahoro mugenzi we bituganisha ku iterambere rirambye.

  TUYIZERE Jacques PRMCO /Nyamasheke

Hatangizwa icyumweru cy'icyunamo n'iminsi 100 yo #Kwibuka32 Meya Mupenzi Narsicce yibukije ko kudasesengura byagejeje u Rwanda kuri Jenoside

Meya Mupenzi Narcisse yashimangiye ko kuba amacakubiri yarazanywe n'abakoloni ariko abanyarwanda barimo abayobozi n'abaturage ntibagire isesengura…
Read more →

Ikipe y'abagore y'umurenge wa Mahembe ikomeje kuba ubukombe mu ntara y'Iburengerazuba

Ikipe y'abagore y'umurenge wa Mahembe ikomeje kuba ubukombe mu marushanwa Umurenge Kagame Cup aho mu myaka 2 yikurikiranya ikomeje kuza ku isonga…
Read more →

Nyamasheke mu rugamba rwo kuba iya mbere mu bwiza bwa Kawa n'ubwinshi bw'umusaruro nyuma yo kuba ku isongo mu kugira ibiti bya kawa byinshi

Akarere ka Nyamasheke kari ku mwanya wa mbere mu gihugu mu turere dufite ibiti bya kawa byinshi. Kuba aka karere gafite umubare w'ibiti bya kawa…
Read more →

Nyamasheke: PSF- Nyamasheke yahawe umukoro wo gushora imari mu bikorwa bisamikiye ku bukerarugendo

PSF-Nyamasheke yashimiwe uruhare ntagereranywa igira mu iterambere ry'Akarere, ihabwa umukoro wo gukora ishoramari rishamikiye ku bukerarugendo mu…
Read more →

Ingengo y’Imari Ivuguruye y’Akarere ka Nyamasheke Yatowe na Njyanama Yiyongereyeho Asaga Miliyari 3

Ku mugoroba wo ku wa Gatanu, tariki ya 27 Gashyantare 2026, Njyanama y’Akarere ka Nyamasheke yarateranye mu nama yayo idasanzwe igamije gusuzuma no…

Read more →

Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →
-->