REB YATANZE MUDASOBWA 1130 KU BIGO BY'AMASHURI 21 MURI NYAMASHEKE
Kuri uyu wa 12 Kamena 2025 ikigo cy'uburezi REB cyatanze mudasobwa 1130 mu bigo by'amashuri 21 byo mu karere ka Nyamasheke. Izi mudasobwa zatanzwe ku bigo by'amashuri 16 bitari bisanzwe bifite ibyumba byagenewe kwigishirizwamo amasomo ajyanye n'ikoranabuhanga bizwi nka “Smart Class Rooms” ariko ubu kuri ibyo bigo ibyo byumba bikaba byarubatswe kandi byujuje ibyangombwa. Ibi bigo byakiriye mudasobwa bwa mbere byagiye bihabwa mudasobwa 55 kuri buri kigo.
Izindi mudasobwa zahawe ibigo byari bisanzwe bifite ibyumba bya "Smart Class Rooms" ariko mudasobwa bahawe zikaba zari zikeneye gusimburwa kubera gusaza n'izindi mpamvu zatuma mudasobwa isimbuzwa. Buri kigo cy'ishuri mu bigo 5 cyagiye gihabwa mudasobwa 50.
Mu butumwa bw'umuyobozi w'ishami ry'uburezi mu karere ka Nyamasheke Bwana Habyarimana Emmanuel, yasabye ibigo byahawe izi mudasobwa kuzitaho no kuzikoresha neza kugira ngo zitange umusaruro by'umwihariko mu masomo ajyanye n'ikoranabuhanga. Ati: “ icyo dusaba amashuri, ni ukubungabunga umutekano w'ibi bikoresho, gukoresha izi mudasobwa kuko baba bahawe abarimu babifitiye ubushobozi kandi bakaba bagenda bahabwa n'amahugurwa uko isi ya none igenda itera imbere mu ikoranabuhanga, no kureba ko abana bakoresha mudasobwa neza, zigakoreshwa icyo zagenewe.”
Nyuma y'uko hari ibigo by'amashuri byahawe mudasobwa, umubare w'ibyumba bitangirwamo amasomo y'ikoranabuhanga “Smart Class Rooms” mu karere wazamutse uva ku byumba 55 mu mashuri 39, ugera ku byumba 71 mu bigo by'amashuri 55.
Bwana Habyarimana Emmanuel shimira REB kuri iki gikorwa cyo gutanga mudasobwa mu bigo by'amashuri, akagaragaza ko umubare w'izikenewe utaragerwaho ugereranyije n'umubare w'amashuri akarere gafite n'abanyeshuri bazikoresha, ariko na none akavuga ko hari icyizere ko zizagenda zongerwa uko ubushobozi bugenda buboneka kugeza ubwo buri kigo cy'ishuri kigira icyumba cyagenewe gutangirwamo amasomo ajyanye n'ikoranabuhanga “Smart Class Room.”
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…