SHANGI: BARASINGIZA UMUHANDA BUBAKIWE
Abaturage bo mu murenge wa shangi mu tugari twa Burimba, Mataba na Mugera barasingiza umuhanda bubakiwe ndetse n’ibindi bikorwa remezo bahawe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika.
Ibi babitangarije abadepite kuri uyu wa 18 Mutarama 2017 ubwo babasuraga muri gahunda y’uruzindiko rw’’iminsi icumi bafite mu karere ka Nyamasheke. Ubwo bageraga muri utu tugari, n’ibyishimo byinshi, abaturage babagaragarije ishema batewe n’umuhanda bahawe ubahuza n’Umurenge wa Ruharambuga uturutse kuri Shangazi.
Abaturage babwiye intumwa za rubanda ko mbere y’uko umuhanda wubakwa babagaho mu bwigunge aho ubuhahirane n’indi mirenge butari bworoshye. Bagaragaje ko kugeza umusaruro wabo ku isoko rya Bushenge bahahiramo byari ingorabahizi ariko kuri ubu hakaba harimo imodoka zitwara abagenzi bikonaborohera kugeza umusaruro wabo ku isoko.
Bavuze kandi ko byaborohereje mu buryo bwo kugera ku mavuriro kuko mbere byasabaga ko baheka umurwayi mu ngobyi gakondo ariko kuri ubu ingobyi z’abarwayi za kizungu (ambulance) zikaba zibageraho mu buryo bworoshyebityo bikaba byaragabanyije impfu ndetse n’imvune zo guheka abarwayi.
Mu buhamya bwa NKURUBA Joseph wo mu kagari ka Mugera yagize ati: turanezerewe ko abayobozi bacu b’ibanze batuvuganiye bikagera kuri Nyakubahwa Perezida wa Repubulika maze Umuhanda ukatugeraho. Ati mbere twikoreraga imyaka dusaruye ku mutwe tuyijyana mu isoko none ubu imodoka zitugeraho.
Abaturage bishimiye ibyiza byose bagejejweho kubera imiyoborere myiza maze bashimira Umukuru w’igihugu.
TUYIZERE Jacques
Public Relations, Media and Communication Officer
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…