Shangi: Guverineri Ntibitura Jean Bosco yasabye abaturage kwimakaza umuco mwiza wo gutabarana

Kuri uyu mbere tariki 19/05/2025 Hon. Ntibitura Jean Bosco, Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, ari kumwe n’abagize Komite y'umutekano itaguye mu ntara hamwe n'abandi bayobozi bakuru b’inzego z’umutekano ku rwego rw’intara n’akarere ka Nyamasheke, bagiranye inama y’umutekano n’abaturage bo mu murenge wa Shangi.

Iyi nama yatumijwe mu rwego rwo kuganira ku kibazo cy’ubwicanyi bwakorewe Nyirangirinshuti Theresie, umubyeyi w’imyaka 63 warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, wishwe atemwe mu buryo bubabaje. Abayobozi bakomeje kandi bahumuriza umuryango wa Nyirangirinshuti wishwe, basaba abaturage gutanga amakuru kugira ngo abamwishe bamenyekane kandi hatangwe ubutabera. Basabwe kandi kwimakaza umuco mwiza wo gutabarana, kwamagana ubugizi bwa nabi no gutanga amakuru kugira ngo abagizi ba nabi batahurwe hakiri kare. 

Mu bayitabiriye harimo Maj. Gen. Eugene Nkubito, umuyobozi wa diviziyo ya 3 mu ngabo z'u Rwanda, CP Emmanuel Hatari, Umuyobozi wa Polisi y'u Rwanda mu ntara y’Iburengerazuba, hamwe n’abandi bayobozi bakuru b’Ingabo z’u Rwanda (RDF) na Polisi y’u Rwanda (RNP). Bari baherekejwe n’abagize Komite Nyobozi y’Akarere ka Nyamasheke.

Nyuma y’ibiganiro n’abaturage, iri tsinda ryakomereje ku yindi nama n'abayobozi b'inzego z'ibanze barimo abanyamabanga nshingwabikorwa b'imirenge n'abayobozi b'inzego zibanze mu murenge wa Shangi hagamijwe gushakira hamwe ingamba zinoze kandi zihuse zo kongera imbaraga mu mutekano w’abaturage. 

Ibitekerezo byibanze cyane ku buryo bwo kongera ubufatanye hagati y’inzego z’umutekano n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze, kunoza itangwa ry’amakuru, ndetse no guteza imbere uruhare rw’abaturage mu kurinda amahoro n’umutekano mu karere kose.


Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->