Shangi: Hatashywe inzu y’uwacitse ku icumu utishoboye

photo name Ku bufatanye bwa Minisiteri ya Siporo n’Umuco n’Ibigo biyishamikiyeho, bubakiye inzu yo kubamo Umukecuru witwa Nyirarubazi Madeleine wo mu Murenge wa Shangi, Akagari ka Shangi Umudugudu wa Busasamana.

Nk’uko byasobanuwe na Minisitiri wa Siporo n’Umuco Madame Uwacu Julienne iyi ni gahunda bihaye nk’Abakozi ba Minisiteri n’Ibigo byayo ko buri mwaka nibura bajya bafasha umwe mu bacitsse ku icumu rya jenoside yakorewe abatutsi muri 1994 batishoboye, dore ko abenshi muri bo nta n’undi baba bareba. Mu ijambo rye kandi yanasabye aandi kwigira kuri uyu muco maze bagafashanya badategereje ak’imuhana.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke Kamali Aimé Fabien yashimiye byimazeyo Abakozi ba Minisiteri kuba bakora ibikorwa byiza nk’ibi ndetse ko kuri iyi nshuro mu minsi 100 yo kwibuka bahisemo Akarere ka Nyamasheke. Mu byishimo byinshi, Nyirarubazi yashimiye Perezida wa Repubulika we akesha no kuba agihumeka none akaba akomeje kumugeza kuri byinshi ashaje. Yagize ati “bana banjye munshimire Nyakubahwa Perezida wa Repubulika kuba anyubakiye nshaje. Nibura n’igihe nzaba ntakiriho, nzagenda neza kuko nzaba nzi ko nsize abuzukuru banjye ahantu hazima”. Iyi nzu yubakiwe uyu mukecuru irimo icyumba cy’uruganiriro n’ibindi bitatu byo kuramamo, ikaba ifite igikoni n’ububiko, umusarani ndetse n’ubwogero. Ifite kandi ikigega gifata amazi ikaba inafite akarima k’imboga. Usibye iyi nzu, na none aba bakozozi bashyize hamwe, boroje imiryango icumi muri gahundaya Girinka banatanga ibiribwa ku miryango icumi. photo name Nyirarubazi yashimishijwe no gukanda ku gikuta bikaka photo name yatumye Minisitiri kumushimirira Perezida wa Repubulika

Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->