Shangi: Hatashywe inzu y’uwacitse ku icumu utishoboye

photo name Ku bufatanye bwa Minisiteri ya Siporo n’Umuco n’Ibigo biyishamikiyeho, bubakiye inzu yo kubamo Umukecuru witwa Nyirarubazi Madeleine wo mu Murenge wa Shangi, Akagari ka Shangi Umudugudu wa Busasamana.

Nk’uko byasobanuwe na Minisitiri wa Siporo n’Umuco Madame Uwacu Julienne iyi ni gahunda bihaye nk’Abakozi ba Minisiteri n’Ibigo byayo ko buri mwaka nibura bajya bafasha umwe mu bacitsse ku icumu rya jenoside yakorewe abatutsi muri 1994 batishoboye, dore ko abenshi muri bo nta n’undi baba bareba. Mu ijambo rye kandi yanasabye aandi kwigira kuri uyu muco maze bagafashanya badategereje ak’imuhana.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke Kamali Aimé Fabien yashimiye byimazeyo Abakozi ba Minisiteri kuba bakora ibikorwa byiza nk’ibi ndetse ko kuri iyi nshuro mu minsi 100 yo kwibuka bahisemo Akarere ka Nyamasheke. Mu byishimo byinshi, Nyirarubazi yashimiye Perezida wa Repubulika we akesha no kuba agihumeka none akaba akomeje kumugeza kuri byinshi ashaje. Yagize ati “bana banjye munshimire Nyakubahwa Perezida wa Repubulika kuba anyubakiye nshaje. Nibura n’igihe nzaba ntakiriho, nzagenda neza kuko nzaba nzi ko nsize abuzukuru banjye ahantu hazima”. Iyi nzu yubakiwe uyu mukecuru irimo icyumba cy’uruganiriro n’ibindi bitatu byo kuramamo, ikaba ifite igikoni n’ububiko, umusarani ndetse n’ubwogero. Ifite kandi ikigega gifata amazi ikaba inafite akarima k’imboga. Usibye iyi nzu, na none aba bakozozi bashyize hamwe, boroje imiryango icumi muri gahundaya Girinka banatanga ibiribwa ku miryango icumi. photo name Nyirarubazi yashimishijwe no gukanda ku gikuta bikaka photo name yatumye Minisitiri kumushimirira Perezida wa Repubulika

Hatangizwa icyumweru cy'icyunamo n'iminsi 100 yo #Kwibuka32 Meya Mupenzi Narsicce yibukije ko kudasesengura byagejeje u Rwanda kuri Jenoside

Meya Mupenzi Narcisse yashimangiye ko kuba amacakubiri yarazanywe n'abakoloni ariko abanyarwanda barimo abayobozi n'abaturage ntibagire isesengura…
Read more →

Ikipe y'abagore y'umurenge wa Mahembe ikomeje kuba ubukombe mu ntara y'Iburengerazuba

Ikipe y'abagore y'umurenge wa Mahembe ikomeje kuba ubukombe mu marushanwa Umurenge Kagame Cup aho mu myaka 2 yikurikiranya ikomeje kuza ku isonga…
Read more →

Nyamasheke mu rugamba rwo kuba iya mbere mu bwiza bwa Kawa n'ubwinshi bw'umusaruro nyuma yo kuba ku isongo mu kugira ibiti bya kawa byinshi

Akarere ka Nyamasheke kari ku mwanya wa mbere mu gihugu mu turere dufite ibiti bya kawa byinshi. Kuba aka karere gafite umubare w'ibiti bya kawa…
Read more →

Nyamasheke: PSF- Nyamasheke yahawe umukoro wo gushora imari mu bikorwa bisamikiye ku bukerarugendo

PSF-Nyamasheke yashimiwe uruhare ntagereranywa igira mu iterambere ry'Akarere, ihabwa umukoro wo gukora ishoramari rishamikiye ku bukerarugendo mu…
Read more →

Ingengo y’Imari Ivuguruye y’Akarere ka Nyamasheke Yatowe na Njyanama Yiyongereyeho Asaga Miliyari 3

Ku mugoroba wo ku wa Gatanu, tariki ya 27 Gashyantare 2026, Njyanama y’Akarere ka Nyamasheke yarateranye mu nama yayo idasanzwe igamije gusuzuma no…

Read more →

Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →
-->