Twese dufite inshingano yo kurwanya ingengabitekerezo ya jenoside, cyane cyane duhereye mu miryango

Byagarutsweho na Hon. Depite Ingabire Aline wifatanyije n'abaturage b'umurenge wa Shangi mu gikorwa cyo Kwibuka ku nshuri ya 31 jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, mu ijambo yagejeje ku bitabiriye iki gikorwa cyo kwibukan kuri uyu wa 30 Mata 2025. 

Hon. Depite Ingabire Aline mu ijambo rye yakomeje kandi ahumuriza abacitse ku icumu by'umwihariko abafite ababo baruhukiye mu rwibutso rwa Shangi, agaragaza ko jenoside itatunguranye kuko yateguwe kuva cyera by'umwihariko ikagira imizi mu bakoloni bw'ababirigi baciyemo ibice abanyarwanda. 

Yagaragaje ko hari abagifite ingengabitekerezo ya jenoside bikaba ari inshingano ya buri munyarwanda kurwanya abantu nk'abo. Yagize ati: “Turabizi ko hakiriho abashaka kudutobera. Hariho abakibiba ingengabitekerezo ya jenoside. Abongabo tugomba kubarwanya twivuye inyuma…..Twese rero dufite inshingano zo kurwanya ingengabitekerezo ya jenoside, cyane cyane duhereye mu miryango yacu, kuko ari ho ibiganiro byose bitangirwa. Twebwe rero abakuru turi aha, babyeyi turabasabwa guha abana bacu amakuru y'ukuri yaranze igihugu cyacu, bagakura bazi neza amateka mabi yaranze igihugu cyacu, tunabashishikariza ko baca ukubiri n'ayo mateka mabi bakubaka igihugu twifuza.”

Shangi yari izwi mu mateka nk'igicumbi cy'ukwemera, yahindutse igicumbi cy'icuraburindi mu 1994 ubwo jenoside yakorewe abatusti yabaga, maze interahamwe zigatikiza abatutsi basaga ibihumbi 17.800 zibasanze muri Paruwasi Gatolika ya Shangi aho bari bahungiye no mu nkengero zaho cyane cyane ku cyobo cyiswe icyobo cya “Croix rouge” aho batwarwaga babwirwa ko bagiye gusabirwa ubufasha kuri “croix rouge” ariko bagezwa kuri icyo cyobo bakicwa bakajugunywamo. 


Igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 31 jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 mu murenge wa Shangi cyitabiriwe na komite nyobozi y'akarere ka Nyamasheke, ba depite Hon. Ingabire Aline akaba n'umushyitsi mukuru, Hon. Senani Benoit, Komite y'umutekano itaguye y'akarere ka Nyamsheke, Perezida wa Njyanama y'akarere ka Nyamasheke n'uw'akarere ka Ngoma, Nyiricyubahiro Mgr Sinayobye Edouard umushumba wa diyosezi Gatolika ya Cyangugu, Perezida wa IBUKA mu karere ka  Nyamasheke, abayobozi batandukanye mu nzego zinyuranye n'abandi banyacyubahiro. 

"Twibuke twiyubaka"

Uhereye iburyo Prof. Kamana Emmanuel Perezida wa njyanama y'akarere ka Nyamasheke, Mayor Mupenzi Narcisse, Hon. Ingabire Aline, Hon. Senani Benoit, Gasasira Marcel Perezida wa Ibuka Nyamasheke

Bamwe mu bagize komite y'umutekano y'akarere itaguye

Nyiricyubahiro Mgr Edouard Sinayobye asenga mu gikorwa cyo Kwibuka31 i Shangi

Umuyobozi w'akarere ka Nyamasheke Bwana Mupenzi Narcisse ubwo yagezaga ijambo ry'ikaze ku bitabiriye Kwibuka 31

Bamwe mu bayobozi batandukanye bitabiriye igikorwa cyo kwibuka 31 i Shangi

Mukazayire Beatrice warokokeye i Shangi ubwo yatangaga ubuhamya

Mu bitabiriye Kwibuka31 hari higanjemo urubyiruko rw'abanyeshuri

Abayobozi bafatanya gucana urumuri rw'icyizere


Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->