ABAKORERA MU ISANTIRE Y'UBUCURUZI YA TYAZO BIYEMEJE KUNOZA ISUKU MURI SERIVISI BATANGA
Uyu wa 17 Kamena 2025 mu karere ka Nyamasheke hakozwe ibikorwa byo kugenzura isuku mu mirenge inyuranye by'umwihariko mu murenge wa Karengera na Kanjongo aho umuyobozi w'akarere ka Nyamasheke Bwana Mupenzi Narcisse yari mu murenge wa Karengera, naho umuyobozi w'akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza akaba yari mu murenge wa Kanjongo.
Ibi bikorwa by'ubugenzuzi bw'isuku biribanda cyane cyane mu masantire y'ubucuruzi, aharebwa uko abakorera muri ibyo bice bitwara mu bikorwa bylisuku n'isukura, abayobozi bakaganira n'abaturage bafite ibikorwa muri ayo masantire kandi bakajya inama ku bikwiye gukorwa neza mu rwego rwo gutanga serivisi zifite isuku ku babagana cyane cyane abatanga serivisi zo kugaburira abantu, amacumbi n'ibindi mu rwego rwo kwimakaza umuco w'isuku mu bikorwa byose by'abaturage.
Umuyobozi w'akarere wungirije Madamu Mukankusi Athanasie ari kumwe n'inzego z'umutekano n'abakozi blakarere bashinzwe ubuzima basuye isantire y'ubucuruzi ya Tyazo baganira n'abakorera muri iyi santire ku isuku n'isukura kandi bajya inama mu rwego rwo kurushaho kunoza isuku muri serivisi batanga.
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…