Ubukangurambaga ku kurwanya malaria bwakorewe mu murenge wa Macuba umwe mu mirenge itatu yibasiwe na malaria muri Nyamasheke
Umuyobozi w'akarere wungirije ushinzwe iterambere ry'ubukungu Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré mu bukangurambaga bwo kurwanya indwara ya Malariya i Macuba yavuze ko malariya ari indwara abaturage b'akarere ka Nyamasheke bafiteho amakuru kimwe n'abandi banyarwanda muri rusange, ariko ugasanga izahaza benshi kubera kwirara no kudakurikiza amabwiriza yo kuyirinda uko bikwiye. Yavuze ko hari abo usanga badakoresha inzitiramibu ibyo zagenewe gukoreshwa, abadasenya indiri z'imibu ikwirakwiza maraliya n'izindi mpamvu zituma indwara ya malariya ikomeza kuzahaza benshi.
Yasabye abaturage b'umurenge wa Macuba kimwe n'abandi muri rusange gukurikiza amabwiriza yo kwirinda malariya barara mu nzitiramibu zikoranye umuti bakirinda kuzikoresha ibyo zitagenewe, bagatema ibihuru biri hafi y'ingo kandi bakirinda ibizenga by'amazi areka hafi y'ingo nko mu bikoresho byashaje no mu binogo, gufunga amadirishya y'inzu hakiri kare n'ihindi.
Ubukangurambaga ku kurwanya malariya bwateguwe ku bufatanye n'ikigo cy'igihugu cy'ubuzima RBC ku bufatanye na Caritas Rwanda aho bwari bufite insanganyamatsiko igira iti: “ Kurandura malariya bihera kuri njye.”
Muri ubu bukangurambaga habayeho gusura igishanga cya Bizi aho intumwa za RBC na Caritas Rwanda zasobanuriye abayobozi uko umubu wororoka mu bishanga n'ikiba gikwiye gukorwa kugira ngo hakumirwe iyororoka ry'imibu, bakaba babwiwe ko atari byiza ko amazi yaguma hamwe mu gishanga agomeye kuko ahinduka indiri y'imibu. Aha abaturage bahinga mu gishanga bagiriwe inama yo gukoresha amazi yagomewe igihe gito bakayarekura akagenda kugira ngo bafate amashya kuko iyo amaze iminsi hamwe ahita aba igicumbi cy'imibu.
Ku kibazo cyo kwibaza ko ibishanga bishobora kuba biri kure y'ingo bityo bikaba bitashoboka ko imibu ibivamo ngo ijye mu baturage, basubijwe ko umubu bishoboka ko wava mu gishanga ukajya mu ngo kuko ushobora kugenda urugendo rugera kuri km 3 bityo bikaba byumvikana ko kugera mu ngo byoroshye.
Muri ubu bukangurambaga hari hateguwe n'umukino w'umupira w'amaguru wahuje utugari twa Vugangoma na Rugari, umukino ukaba wasojwe ku gitego 1 cya Rugari ku busa bwa Vugangoma. Amakipe yombi yahembwe.
Abaturage bari bitabiriye ubu bukangurambaga bahawe inzitiramibu kandi basuzumwa indwara ya malariya n'abajyanama b'ubuzima bari baje bitwaje ibikoresho bifashisha mu gupima malariya.
Imirenge itatu yibasiwe na malariya kurusha indi mu karere ka Nyamasheke ni Nyabitekeri, Bushenge na Macuba, abaturage batuye muri iyi mirenge bakaba basabwa kwitwararika bakurikiza abamabwiriza yo kuyirinda.
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…