Ubumwe n’Ubudaheranwa byubakwa no gusaba no gutanga imbabazi

Uyu 01 Ukwakira 2025, mu nurenge wa Gihombo mu kagari ka Kibingo, ubuyobozi bw'akarere ka Nyamasheke n'abashyitsi batandukanye bifatanyije n'abaturage mu gutangiza ukwezi kwahariwe kuzirikana ku Bumwe n'Ubudaheranwa. 

Ibirori byo gutangiza ukwezi kw'ubumwe n'ubudaheranwa byaranzwe n'ikiganiro cya Minisiteri y'Ubumwe bw'abanyarwanda n'Inshingano Mboneragihugu, cyagarutse ku bumwe bw'abanyarwanda n'ibibazo ubu bumwe bwagiye buhura nabyo mu myaka y'ubukoloni na nyuma yabwo, ibyagejeje igihugu kuri Jenoside yakorewe abatutsi. Hatanzwe kandi ubuhamya bugaragaza uko ubumwe n'ubudaheranwa mu murenge wa Gihombo buhagaze hashingiwe ku bufatanye hagati y'abakoze jenoside n'abayikorwe.

Musenyeri Kayinamura Samuel wo mu itorero EMLR yibukije abaturage ko gusaba imbabazi no kuzitanga ari ishingiro ry’ukuri ry’ubumwe. Yatanze urugero rwe bwite, avuga uko nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yari afite umutwaro ukomeye mu mutima, ariko intambwe yo kubabarira ikaba yaratumye abona amahoro. “Ubumwe n’Ubudaheranwa byubakwa n’imbabazi. Ndabivuga kuko mbizi, byaranyubatse.”

Umuyobozi w’Akarere, Bwana Mupenzi Narcisse, yagarutse ku mateka y’u Rwanda, agaragaza ko igihugu cyahoze gishingiye ku bumwe n’ubudaheranwa. Yashimangiye ko kuba havugwa ubudaheranwa muri iki gihe, ari ukubera ko Abanyarwanda bo hambere bashoboraga guhangana n’ibibazo bitandukanye kandi ntibaheranwe, bagakomeza kubana mu mahoro. Yibanze ku buhamya bwatanzwe n’abacitse ku icumu n’abakoze Jenoside, aho ubuhamya bw'urugendo rw'imbabazi no kuzitanga, ibyatumye kuri ubu babanye neza kandi bakorera hamwe bubaka ubumwe kandi biteza imbere. Meya ati:“Ubundi nta muntu wakumva uko umuntu wakoze Jenoside yakwicarana n’uwo yiciye bakaganira… ubwo si ubudaheranwa?” 

Yakomeje ashimangira ko hari imbogamizi zikibangamiye ubumwe n'ubudaheranwa, nko kuba hari abacitse ku icumu bataramenya aho imibiri y’ababo iherereye, asaba gutanga amakuru, yibutsa ko bidahanwa n’itegeko. Yaboneyeho kandi gushishikariza abakoze Jenoside gusaba imbabazi, kuko ari kimwe mu bitanga icyizere ko bicujije kandi bagafata ingamba zo kutongera gusubira mu cyaha. 

Mu gusoza, yibukije abari abantu bose, by’umwihariko urubyiruko,ko hari abantu bakwirakwiza ingengabitekerezo ya Jenoside n'amacakubiri bifashishije imbuga nkoranyambaga, aboneraho gusaba urubyiruko gukoresha imbuga nkoranyambaga mu kurwanya abo badashaka ubumwe n'ubudaheranwa by'abanyarwanda.


Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->