Ubuyobozi bw'Akarere ka Nyamasheke bwifatanije n'abaturage mu kwizihiza umunsi w'Umuganura
Kuri uyu wa gatanu tariki ya 02/03/2024 Ubuyobozi bw'Akarere ka Nyamasheke bwifatanyije n'Abaturage mu kwizihiza Umunsi w'umuganura.Ni umunsi waranzwe n'Ibikorwa bitandukanye birimo Gufungura ku Mugaragaro Inyubako ya Tyazo City House iherereye mu murenge wa Kanjongo muri Centre y'Ubucuruzi ya Tyazo.

Nyuma yo gufungura iyi Nyubako abayobozi bitabiriye Umukino wahuje Ikipe y'Abakozi b'Akarere n'Abapadiri ba Diocese ya Cyangugu,aho uyu mukino warangiye ikipe y'Abapadiri itsinze ikipe y'Abakozi b'Akarere igitego kimwe ku busa(1:0)

Nyuma y'Uyu mukino habayeho gusura Ibigabiro y'Umwami Kigeli IV Rwabugiri abayobozi n'Abaturage basobanurirwa amateka y'ibi bigabiro n'Impamvu yo kuba Uyu mwami yari atuye aha ndetse urubyiruko rusabwa kumenya aya mateka no guharanira kuyabungabunga.

Nyuma yo Gusura ibigabiro,ibirori by'Umuganura byakomereje ku gusabana aho abaturage n'abayobozi baganiriye ku mateka y'Umuganura,Impamvu yawo,ni ibirori kandi byaranzwe no kuganuza abana babaha amata,kuganuza abakuru no gutarama

Ku mugoroba wo ku wa Gatanu, tariki ya 27 Gashyantare 2026, Njyanama y’Akarere ka Nyamasheke yarateranye mu nama yayo idasanzwe igamije gusuzuma no…
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…