Ubuyobozi bw'intara y'Iburengerazuba n'ubw'akarere bwifatanyije na Diyosezi Gatorika ya Cyangugu kwizihiza Yubile y'imyaka 125 Missa ya mbere isomewe mu Rwanda
Kuri uyu wa 14 Kamena 2025 muri Paruwasi Gatorika ya Shangi ho muri Diyosezi ya Cyangugu hari kwizihizwa Yubire y'imyaka 125 Missa ya mbere isomewe ku butaka bw'u Rwanda, aho yasomewe mu murenge wa Shangi ku gasozi ka Gafuba ahazwi nko mu Kigaga ku wa 20 Mutarama 1900.
Ibi birori byitabiriwe n'abayobozi batandukanye barimo intumwa za rubanda, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Intara y'Iburengerazuba Madamu Mujawamariya Florence, perezida wa Njyanama y'akarere ka Nyamasheke Prof. Kamana Emmanuel, umuyobozi w'Akarere ka Nyamasheke Mupenzi Narcisse abagize komite y'umutekano y'akarere itaguye, abandi bayobozi mu nzego zinyuranye n'abahagarariye amadini n'amatorero.
Ibi birori byabimburiwe n'igitambo cya Missa kiri guturwa na Nyiricyubahiro Antoine Caridinali Kambanda Arikiyepiskopi wa Kigali afatanyije n'abandi bepiskopi baturutse muri diyosezi zinyuranye, abapadiri ba Diyosezi Gatolika ya Cyangugu n'abakirisitu baturutse hirya no hino mu gihugu no mu mahanga.
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…