Ubuyobozi bw'intara y'Iburengerazuba n'ubw'akarere bwifatanyije na Diyosezi Gatorika ya Cyangugu kwizihiza Yubile y'imyaka 125 Missa ya mbere isomewe mu Rwanda
Kuri uyu wa 14 Kamena 2025 muri Paruwasi Gatorika ya Shangi ho muri Diyosezi ya Cyangugu hari kwizihizwa Yubire y'imyaka 125 Missa ya mbere isomewe ku butaka bw'u Rwanda, aho yasomewe mu murenge wa Shangi ku gasozi ka Gafuba ahazwi nko mu Kigaga ku wa 20 Mutarama 1900.
Ibi birori byitabiriwe n'abayobozi batandukanye barimo intumwa za rubanda, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Intara y'Iburengerazuba Madamu Mujawamariya Florence, perezida wa Njyanama y'akarere ka Nyamasheke Prof. Kamana Emmanuel, umuyobozi w'Akarere ka Nyamasheke Mupenzi Narcisse abagize komite y'umutekano y'akarere itaguye, abandi bayobozi mu nzego zinyuranye n'abahagarariye amadini n'amatorero.
Ibi birori byabimburiwe n'igitambo cya Missa kiri guturwa na Nyiricyubahiro Antoine Caridinali Kambanda Arikiyepiskopi wa Kigali afatanyije n'abandi bepiskopi baturutse muri diyosezi zinyuranye, abapadiri ba Diyosezi Gatolika ya Cyangugu n'abakirisitu baturutse hirya no hino mu gihugu no mu mahanga.
Ku mugoroba wo ku wa Gatanu, tariki ya 27 Gashyantare 2026, Njyanama y’Akarere ka Nyamasheke yarateranye mu nama yayo idasanzwe igamije gusuzuma no…
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…