Umuhango w’Ihererekanyabubasha ku Muyobozi w’Akarere ucyuye igihe n’Umusimbuye
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 09 Nzeri 2019, Visi Perezida w'Inama Njyanama y'Akarere Ndashimye Leonce yayoboye umuhango w'Ihererekanyabubasha hagati y'Uwari Umuyobozi w'Akarere Kamali Aimé Fabien n'Umuyobozi w'Akarere w'Agateganyo Ntaganira Josue Michel.
Ni nyuma y’aho Inama Njyanama y’Akarere itakarije icyizere uwari Umuyobozi w’Akarere ikamusimbuza Umuyobozi w’Akarere Wungirije Ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu Ntaganira Josue Miche nk’Uko biteganywa n’itegeko.
Kamali Amé Fabien wari usanzwe ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge muri aka Karere ka Nyamasheke mbere y’uko akayobora, amaze kuri uyu mwanya imyaka isaga ine kuko yagiyeho asoza manda yabanjirije iyi mu kwezi kwa gatatu kwa 2015 asimbuye mugezi we Habyarimana Jean Baptiste na we wari umaze kwegura ku nshingano zo kuyobora Akarere.
Nyuma yo gusoza manda yari yatangiwe na Habyarimana, Kamali yaje kongera kugirirwa icyizere na bagenzi be bari bamaze gutorerwa kuba Abajyanama mu Nama Njyanama y’Akarere mu kwezi kwa kabiri 2015, atorerwa kuba Umuyobozi w’Akarere yungirijwe na Ntaganira Josue Michel nk’Umuyobozi w’Akarere Wungirije Ushinzwe Ubukungu na Mugenzi we Mukamana Claudette Ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage.
Ubwo yayoboraga uyu muhango, Visi Perezida w'Inama Nyanama y'Akarere yasabye abakozi n'izindi nzego gukomeza gufatanya n'Umuyobozi Mushya n'ubwo atari mushya mu buyobozi bw'Akarere (kukoa asanzwe ari Umuyobozi w'Akarere Wungirije Ushinzwe Ubukungu),kugira ngo bakomeze mu cyerekezo cy'Akarere ari na cyo cy'Igihugu nta gihungabanye.


Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…