Umuhango w’Ihererekanyabubasha ku Muyobozi w’Akarere ucyuye igihe n’Umusimbuye

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 09 Nzeri 2019, Visi Perezida w'Inama Njyanama y'Akarere Ndashimye Leonce yayoboye umuhango w'Ihererekanyabubasha hagati y'Uwari Umuyobozi w'Akarere Kamali Aimé Fabien n'Umuyobozi w'Akarere w'Agateganyo Ntaganira Josue Michel.

Ni nyuma y’aho Inama Njyanama y’Akarere itakarije icyizere uwari Umuyobozi w’Akarere ikamusimbuza Umuyobozi w’Akarere Wungirije Ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu Ntaganira Josue Miche nk’Uko biteganywa n’itegeko.

Kamali Amé Fabien wari usanzwe ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge muri aka Karere ka Nyamasheke mbere y’uko akayobora, amaze kuri uyu mwanya imyaka isaga ine kuko yagiyeho asoza manda yabanjirije iyi mu kwezi kwa gatatu kwa 2015 asimbuye mugezi we Habyarimana Jean Baptiste na we wari umaze kwegura ku nshingano zo kuyobora Akarere.

Nyuma yo gusoza manda yari yatangiwe na Habyarimana, Kamali yaje kongera kugirirwa icyizere na bagenzi be bari bamaze gutorerwa kuba Abajyanama mu Nama Njyanama y’Akarere mu kwezi kwa kabiri 2015, atorerwa kuba Umuyobozi w’Akarere yungirijwe na Ntaganira Josue Michel nk’Umuyobozi w’Akarere Wungirije Ushinzwe Ubukungu na Mugenzi we Mukamana Claudette Ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage.
 

Ubwo yayoboraga uyu muhango, Visi Perezida w'Inama Nyanama y'Akarere yasabye abakozi n'izindi nzego gukomeza gufatanya n'Umuyobozi Mushya n'ubwo atari mushya mu buyobozi bw'Akarere (kukoa asanzwe ari Umuyobozi w'Akarere Wungirije Ushinzwe Ubukungu),kugira ngo bakomeze mu cyerekezo cy'Akarere ari na cyo cy'Igihugu nta gihungabanye.


Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->