Umunsi mpuzamahanga w'umugore wizihirijwe mu murenge wa Karengera ku rwego rw'akarere

Kuri uyu wa 08 Werurwe 2025 umunsi mpuzamahanga w’umugore wizihijwe mu mirenge yose y’akarere ka Nyamasheke. Ku rwego rw’akarere uyu munsi wizihirijwe mu murenge wa Karengera, ukaba witabiriwe n’abaturage b’uyu murenge , abayobozi b’akarere, inzego z’umutekano na bamwe mu bagize inteko ishinga amategeko bayobowe na Madamu Senateri Nyinawamwiza Laetitia. 


Izi ntumwa za rubanda ziri mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu mu karere, aho zaganiriye n’inzego zinyuranye ku muryango uteye imbere kandi utekanye n’uruhare rw’umugore mu gusigasira umuryango uteye imbere. 


Umurenge wa Karengera wizihirijwemo umunsi mpuzamahanga w’umugore ni umwe mu mirenge y’akarere irangwamo ibikorwa byinshi by’iterambere kandi bigirwamo uruhare n’abagore. 


Muri ibi birori byo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’umugore, abayobozi bamurikiwe umusaruro ukomoka ku bikorwa by’ubuhinzi bw’abagore bo mu murenge wa Karengera, ariko bagaragarizwa imbogamizi yo kugeza umusaruro wabo ku masoko kubera ikibazo cy’imihanda. 


Umushyitsi mukuru muri ibi birori Madamu Senateri Nyinawamwiza Laetitia yashimiye abayobozi b’akarere n’izindi nzego bagiranye ibiganiro ku muryango uteye imbere kandi utekanye, asaba abagabo by’umwihariko kwirinda ubuharike kuko byagaragaye ko ari kimwe mu mpamvu z’amakimbirane mu miryango. 


Yashimiye abagore bo mu murenge wa Karengera batanze ubuhamya bw’uko biteje imbere, avuga ko ibikorwa by'iterambere ry'abagore n'igihugu muri rusange bivomwa mu miyoborere myiza ya Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame wasubije umugore agaciro n'amahirwe yo kwiteza imbere.  Yasabye abatanze ubuhamya bw'uko biteje imbere gukomeza iyo ntambwe kandi bagira uruhare mu muryango utekanye uzira amakimbirane. Yabijeje ubuvugizi ku kibazo cy’imihanda itaborohereza kugeza umusaruro ku masoko.


Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->