Umunyamabanga wa Leta muri Ministeri y’Ibikorwa remezo yasuye Akarere ka Nyamasheke
Guhera kuri uyu wa gatanu tariki ya 30 Nzeri no ku wa 01 Ukwakira, Umunyamabaga wa Leta muri Ministeri y’Ibikorwaremezo Ushinzwe Ubwikorezi Dr. Alexis NZAHABWANIMANA Yagiriye Uruzinduko rw’Akazi mu Karere ka Nyamasheke anabereye imboni muri Guverinoma.
Muri uru ruzindiko, yifatanyije n’abahinzi bo mu Murenge wa Kagano mu gutangiza Igihembwe cy’ihinga mu Kagari ka Mubumbano aho yaganiriye n’abahinzi abakangurira guhinga bijyanye n’igihe bakoresha imbuto y’indobanure ndetse n’inyongeramusaruro kugira ngo babashe kwihaza no gusagurira amasoko.
Umunyamabanga wa Leta kandi yafunguye ku mugaragaro isoko rya kijyambere rya Rwesero ryubatswe mu mihigo y’Akarere y’Umwaka wa 2015-2016 kandi abaturage bakaba baryishimiye. Aganira n’abaturage nyuma yo gufungura iri soko yabasabye kurifata neza nk’iryabo bwite kugira ngo ritononekara kandi yizeza abaturage ko Akarere kazakomeza kubagezaho n’ibindi bikorwa byinshi by’Iterambere. Nyuma yaho yakoranye inama n’Abakozi b’Akarere baganira ku ngamba zo guteza umuturage imbere binyuze muri serivisi bamuha.
Ku wa 01 Ukwakira yifatanyije n’Abaturage b’Umurenge wa Gihombo mu gutangiza icyumweru cy’ubumwe n’ubwiyunge cyabimburiwe n’umuganda udasanzwe.
Ubwo yaganiraga n’abaturage bitabiriye uwo munsi wo gutangiza icyumweru cy’Ubumwe n’ubwiyunge, Umunyamabanga wa Leta yashimiye abitabiriye umunsi anasaba ko bakomeza ibikorwa by’ubumwe n’Ubwiyunge kuko ari byo byatugeza ku Iterambere rirambye
TUYIZERE Jacques
Public Relations, Media and Communication Officer
Ku mugoroba wo ku wa Gatanu, tariki ya 27 Gashyantare 2026, Njyanama y’Akarere ka Nyamasheke yarateranye mu nama yayo idasanzwe igamije gusuzuma no…
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…