Umurenge wa Bushekeri washimiwe ko witwaye neza mu karere mu gutanga serivisi z’Irangamimerere usabwa no gukomeza kuza ku isonga mu zindi serivisi

Ku gicamunsi cyo ku wa 12 Kanama 2025, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yifatanyije n’Indongozi zo mu Murenge wa Bushekeri, mu Kagari ka Buvungira, umudugudu wa Bushekeri, mu nteko y’abaturage, abashimira ko babaye aba mbere mu karere mu gutanga neza serivisi z’irangamimerere ku rwego rw’akarere, kandi abasaba ko n’izindi serivisi bazitanga baharanira kuba aba mbere.

Muri uyu murenge kandi ni ho hatangirijwe icyumweru cyahariwe irangamimerere, nk’umurenge wabaye uwa mbere mu gutanga izi serivisi ku rwego rw’akarere. Abaturage bitabiriye inteko y’abaturage bahawe serivisi z’irangamimerere ku bari bazikeneye.

Uretse ibijyanye n’irangamimerere, abaturage baganirijwe kuri gahunda zinyuranye za leta by’umwihariko umutekano, basabwa kuwusigasira barara amarondo kandi batangira amakuru ku gihe. Basabwe kwirinda ibyaha bibangamiye umutekano w’umuryango, bashishikarizwa kuba aba mbere muri byose nk’uko babaye aba mbere muri serivisi z’irangamimerere mu karere.

Umuyobozi w’akarere wungirije kandi yakiriye ibibazo by’abaturage afatanya n’inzego zinyuranye zari zitabiriye iyi nteko y’abaturage kubibonera ibisubizo. 


Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->