Umurenge wa Ruharambuga hatangijwe icyunamo ku rwego rw’Akarere

Kuri uyu wa 07 Mata 2017 ubwo hirya no hino mu Gihugu hatangizwaga iminsi 100 yo kwibuka jenoside yakorewe abatutsi, Akarere ka Nyamasheke kawizihirije mu Murenge wa Ruharambuga, Akagari ka Ntendezi.

Habanje umuhango wo kunamira abazize jenoside kuri monima ya Shangazi ahatangirijwe ubwicanyi ndengakamere mu cyahoze ari Cyangugu, hanashyirwaho indabo, umuhango wakurikiwe n’urugendo rwo kwibuka rwerekeza mu kagari ka Ntendezi ahunamiwe abari mu rwibutso rwa Ntendezi.

Nyuma y’urugendo no guha icyubahiro abazize jenoside abaturage bateraniye mu kigo cya EAV Ntendezi ahatangiwe ibiganiro bijyane n’iki gihe.

Ubwo yatangaga ikiganiro ku mateka y’itegurwa n’ishyirwa mu bikorwa rya jenoside yakorewe abatutsi, Honorable KANKERA Marie Josée, yibukije ko jenoside yateguwe guhera kera, ikigishwa neza igacengera  kugeza ubwo ishyizwe mu  bikorwa igahitana abasaga miliyoni aboneraho gusaba ko byaguma mu mateka ariko ntibizongere.

Mu ijambo rye, Visi Perezida w’Inteko ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite Bwana MUKAMA Abbas wari n’Umushyitsi mukuru kuri uyu munsi yashimiye byimazeyo ubwitabire bw’Abaturage, bigaragara  ko ari intambwe ikomeye mu kumva igisobanuro cyo kwibuka. Yashimiye urubyiruko cyane ko ari rwo rwagaragaje ubwitabire avuga ko rugaragaza ikizere cy’ejo hazaza h’Igihugu cyacu. Yakomeje asaba abantu bose gusubiza amaso inyuma bakareba aho u Rwanda rwavuye n’aho rugeze maze bikabatera kureba imbere. Yasabye kandi abagize uruhare muri jenoside gukomeza gutanga amakuru y’ahaba hakiri imibiri itarashyingurwa mu cyubahiro ngo ishyingurwe ndetse no gukomeza kubana amahoro n’abarokotse jenoside, bagafatanya kubaka igihugu cyababyaye.

Uyu munsi witabiriwe n’abaturage bayingayinga ibihumbi icumi, komite nyobozi y’Akarere, Inzego z’Umutekano n’Abakozi b’Akarere

Dikomeze twibuke Jenoside yakorewe abatutsi, turwanya ingengabitekerezo ya jenoside, dusigasira ibyagezweho.

 

TUYIZERE Jacques

Public Relations, Media and Cmmunication Officer


Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->