Umurenge wa Ruharambuga hatangijwe icyunamo ku rwego rw’Akarere
Kuri uyu wa 07 Mata 2017 ubwo hirya no hino mu Gihugu hatangizwaga iminsi 100 yo kwibuka jenoside yakorewe abatutsi, Akarere ka Nyamasheke kawizihirije mu Murenge wa Ruharambuga, Akagari ka Ntendezi.
Habanje umuhango wo kunamira abazize jenoside kuri monima ya Shangazi ahatangirijwe ubwicanyi ndengakamere mu cyahoze ari Cyangugu, hanashyirwaho indabo, umuhango wakurikiwe n’urugendo rwo kwibuka rwerekeza mu kagari ka Ntendezi ahunamiwe abari mu rwibutso rwa Ntendezi.
Nyuma y’urugendo no guha icyubahiro abazize jenoside abaturage bateraniye mu kigo cya EAV Ntendezi ahatangiwe ibiganiro bijyane n’iki gihe.
Ubwo yatangaga ikiganiro ku mateka y’itegurwa n’ishyirwa mu bikorwa rya jenoside yakorewe abatutsi, Honorable KANKERA Marie Josée, yibukije ko jenoside yateguwe guhera kera, ikigishwa neza igacengera kugeza ubwo ishyizwe mu bikorwa igahitana abasaga miliyoni aboneraho gusaba ko byaguma mu mateka ariko ntibizongere.
Mu ijambo rye, Visi Perezida w’Inteko ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite Bwana MUKAMA Abbas wari n’Umushyitsi mukuru kuri uyu munsi yashimiye byimazeyo ubwitabire bw’Abaturage, bigaragara ko ari intambwe ikomeye mu kumva igisobanuro cyo kwibuka. Yashimiye urubyiruko cyane ko ari rwo rwagaragaje ubwitabire avuga ko rugaragaza ikizere cy’ejo hazaza h’Igihugu cyacu. Yakomeje asaba abantu bose gusubiza amaso inyuma bakareba aho u Rwanda rwavuye n’aho rugeze maze bikabatera kureba imbere. Yasabye kandi abagize uruhare muri jenoside gukomeza gutanga amakuru y’ahaba hakiri imibiri itarashyingurwa mu cyubahiro ngo ishyingurwe ndetse no gukomeza kubana amahoro n’abarokotse jenoside, bagafatanya kubaka igihugu cyababyaye.
Uyu munsi witabiriwe n’abaturage bayingayinga ibihumbi icumi, komite nyobozi y’Akarere, Inzego z’Umutekano n’Abakozi b’Akarere
Dikomeze twibuke Jenoside yakorewe abatutsi, turwanya ingengabitekerezo ya jenoside, dusigasira ibyagezweho.
TUYIZERE Jacques
Public Relations, Media and Cmmunication Officer
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…