Umuryango ni ishingiro ry’ubumwe n’ubwiyunge
“U Rwanda tumaze gutera intambwe ishimishije, ariko ntidukwiye guterera agate mu ryinyo ngo tumere nk’abageze iyo bajya” aya ni amwe mu maganbo yagarutswe na Hon Depite Uwamariya Rutijanwa Marie Pelagie ubwo hatangizwaga ukwezi kwahariwe Ubumwe n’ubwiyunge.
Nyuma y’umuganda wo kuri uyu wa 29 Nzeri wabereye mu Murenge wa Ruharambuga, Akagari ka Ntendezi, abaturage bahuriye hamwe nk’uko bisanzwe nyuma y’ umuganda, bahabwa ikiganiro gitangiza ukwezi kwahariwe kwimakaza Ubumwe n’Ubwiyunge.
Ubwo yatangizaga uku kwezi, Depite Uwamariya Rutijanwa Marie Pelagie yibukije abaturage ko bakwiye gukomeza gushyira imbaraga mu Bumwe n’ubwiyunge kuko ari ishingiro ry’iterambere kuko abantu badafite ubwiyunge badashobora kugera kuri byinshi.
Depite Uwamariya Rutijanwa Marie Pelagie yongeye kwibutsa ko impamvu turirimba Ubumwe n’Ubwiyunge bbiterwa n’amahano u Rwanda rwanyuzemo akarutera gucikamo ibice ari cyo gituma dukwiye gusigasira ubumwe bwacu ngo butazavaho buduca mu myanya y’intoki bitewe no gusinda amahoro dukensha kuba hari benshi banahasize ubuzima.
Nk’uko insanganyamatsiko y’uyu mwaka ivuga “Duharanire Ubumwe n’Ubwiyunge mu Muryuango” Ho Rutijanwa yakanguriye abtitabiriye ibiganiro kubanza kwiyunga mu muryango maze bakanaha abana inyigisho zitagaragaramo amacakubiri ahubwo bakabaha izibafasha kuvamo Abanyarwanda nyabo bifuzwa uyu munsi.
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…