Umuryango utekanye ni inkingi ya mwamba y’umutekano n’amahoro
Kuri iki gicamunsi umuyobozi w’akarere ka Nyamasheke Bwana Mupenzi Narcisse yitabiriye inteko y’abaturage mu kagari ka Kanazi ho mu murenge wa Ruharambuga.
Mu biganiro yagiranye n’abaturage byibanze ku muryango uzira amakimbirane kandi ubasha kwiteza imbere, yasobanuriye abaturage ibyiza by’umuryango ubanye neza, bungurana ibitekerezo ku gisobanuro cy’amakimbirane n’uko yakwirindwa.
Umuyobozi w’akarere yeretse abaturage ko umuryango uzira amakimbirane ari igicumbi cy’uburere bwiza ku bana, ababasa by’umwihariko gushaka ibisubizo bifasha umuryango kubana neza no gufasha abana mu burere bukwiye, kuko abo bana ari bo Rwanda rw’ejo. Ati:" umuryango utekanye ni inkingi ya mwamba y'umutekano n'amahoro."
Ku ngingo y’umutekano umuyobozi wa polisi wungirije mu ntara y’Iburengerazuba D/RPC Calixte Kalisa yasabye abaturage kwirinfa ibyaha by’umwihariko agaruka ku kwirinda no kugendera kure icyaha cy’ingengabitekerezo ya jenoside kuko hari aho yagiye iboneka mu mirenge ya Nyamasheke.
Uretse kandi umuyobozi w’akarere wasuye abaturage mu kagari ka Kanazi, abayobozi b’akarere bungirije bifatanyije n'abaturage mu murenge wa Bushekeri mu tugari twa Ngoma na Nyarusange.





Ku mugoroba wo ku wa Gatanu, tariki ya 27 Gashyantare 2026, Njyanama y’Akarere ka Nyamasheke yarateranye mu nama yayo idasanzwe igamije gusuzuma no…
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…