Umuryango utekanye ni wo uvamo abagirira igihugu akamaro
"Umuryango utekanye ni wo uvamo abagirira igihugu akamaro." Byagarutsweho n'umuyobozi w'akarere ka Nyamasheke mu nteko z'abaturage mu murenge wa Shangi, aho umuyobozi w'akarere Bwana Mupenzi Narcisse yari yifatanyije n'abaturage bo mu kagari ka Mataba.
Umuyobozi w'akarere ka Nyamasheke Bwana Mupenzi Narcisse yashimiye abaturage b'akagari ka Mataba kubera kwitabira gahunda za Leta, aho uyu murenge wa Shangi uhagaze neza muri Ejo Heza n'ubwisungane mu kwivuza, ariko asaba abaturage kubana neza mu miryango kuko umuryango ubanye neza utanga icyizere cy'ejo hazaza h'igihugu.
Abaturage b'akagari ka Mataba kandi bashimiwe ko nta kibazo cy'ingengabitekerezo ya jenoside cyakaranzwemo muri iyi minsi ishize, basabwa gukomeza kuyirinda no kugendera kure ibisa na yo aho byaba bikomotse hose.
Ibibazo byabajijwe n'abaturage byahawe umurongo, ariko hafatwa umwanzuro wo kuzahuza abaturage baguze n'abagurishije ubutaka bitanyuze kwa noteri wa leta ku wa 19 Gicurasi 2025 ku biro by'akagari ka Mataba kugira ngo ikibazo cya buri muturage gisuzumwe kandi gihabwe umurongo kuko hagaragaye ibibazo byinshi by'abaguze ubutaka n'abagurishije bitanyuze kwa noteri wa leta, kandi bikaba bikurura amakimbirane.
Ku mugoroba wo ku wa Gatanu, tariki ya 27 Gashyantare 2026, Njyanama y’Akarere ka Nyamasheke yarateranye mu nama yayo idasanzwe igamije gusuzuma no…
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…