Umuryango utekanye ni wo uvamo abagirira igihugu akamaro

"Umuryango utekanye ni wo uvamo abagirira igihugu akamaro." Byagarutsweho n'umuyobozi w'akarere ka Nyamasheke mu nteko z'abaturage mu murenge wa Shangi, aho umuyobozi w'akarere Bwana Mupenzi Narcisse yari yifatanyije n'abaturage bo mu kagari ka Mataba. 

Umuyobozi w'akarere ka Nyamasheke Bwana Mupenzi Narcisse yashimiye abaturage b'akagari ka Mataba kubera kwitabira gahunda za Leta, aho uyu murenge wa Shangi uhagaze neza muri Ejo Heza n'ubwisungane mu kwivuza, ariko asaba abaturage kubana neza mu miryango kuko umuryango ubanye neza utanga icyizere cy'ejo hazaza h'igihugu.

Abaturage b'akagari ka Mataba kandi bashimiwe ko nta kibazo cy'ingengabitekerezo ya jenoside cyakaranzwemo muri iyi minsi ishize, basabwa gukomeza kuyirinda no kugendera kure ibisa na yo aho byaba bikomotse hose. 

Ibibazo byabajijwe n'abaturage byahawe umurongo, ariko hafatwa umwanzuro wo kuzahuza abaturage baguze n'abagurishije ubutaka bitanyuze kwa noteri wa leta ku wa 19 Gicurasi 2025 ku biro by'akagari ka Mataba kugira ngo ikibazo cya buri muturage gisuzumwe kandi gihabwe umurongo kuko hagaragaye ibibazo byinshi by'abaguze ubutaka n'abagurishije bitanyuze kwa noteri wa leta, kandi bikaba bikurura amakimbirane.


Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->