UMUSHINGA KULA PROJECT WATANZE AMATUNGO MAGUFI N'AMAREMARE MU MURENGE WA NYABITEKERI

Mu murenge wa Nyabitekeri, umufatanyabikorwa w'akarere Kula Project yatanze amatungo magufi n'amaremare mu rwego rwo gufasha abaturage bari mu cyiciro cy'abafashwa kwikura mu bukene, hakaba kandi hatanzwe amatungo maremare ku bahinzi ba kawa hagamijwe kubafasha kubona ifumbire y'imborera. Ifumbire y'imborera izakomoka kuri ayo matungo izabafasha kongera umusaruro wa kawa mu bwinshi n'ubwiza.

Aya matungo magufi n'amaremare yatanzwe kuri uyu wa 17 Kamena 2025 yari agizwe n’ihene 102, zikaba zahawe imiryango 51 aho buri muryango wahawe ihene ebyiri. Hatanzwe kandi inka 48 ku miryango 48 y'abahinzi ba kawa mu rwego rwo kubafasha kongera umusaruro wa kawa mu bwiza no mu bwinshi hibandwa ku gukoresha ifumbire y’imborera. 

Abaturage bahawe aya matungo bashimiye umushinga Kula Project wabahaye aya matungo, basezeranya kuyitaho kugira ngo azabafashe kwiteza imbere no kongera umusaruro biturutse mu ifumbire y'imborera izayakomokaho.

Muri uyu mwaka w'ingengo y'imari dusoza, ku muhigo wa Girinka akarere kari kahize gutanga inka zigera kuri 442, uyu muhigo ukaba waramaze kweswa kuko hamaze gutangwa inka zigera kuri 455. Iki ni igikorwa cy'ubufatanye n'akarere mu gufasha abaturage kwiteza imbere, cyane cyane hagamijwe kuzamura abaturage bari mu cyiciro cy'imiryango iri ku rutonde rw'imiryangi ifashwa kwikuravmu bukenw.

Amatungo yose yatanzwe afite agaciro kangana na miliyoni cumi n’eshanu (15,000,000Rwf) z’amafaranga y’u Rwanda. 


Hatangizwa icyumweru cy'icyunamo n'iminsi 100 yo #Kwibuka32 Meya Mupenzi Narsicce yibukije ko kudasesengura byagejeje u Rwanda kuri Jenoside

Meya Mupenzi Narcisse yashimangiye ko kuba amacakubiri yarazanywe n'abakoloni ariko abanyarwanda barimo abayobozi n'abaturage ntibagire isesengura…
Read more →

Ikipe y'abagore y'umurenge wa Mahembe ikomeje kuba ubukombe mu ntara y'Iburengerazuba

Ikipe y'abagore y'umurenge wa Mahembe ikomeje kuba ubukombe mu marushanwa Umurenge Kagame Cup aho mu myaka 2 yikurikiranya ikomeje kuza ku isonga…
Read more →

Nyamasheke mu rugamba rwo kuba iya mbere mu bwiza bwa Kawa n'ubwinshi bw'umusaruro nyuma yo kuba ku isongo mu kugira ibiti bya kawa byinshi

Akarere ka Nyamasheke kari ku mwanya wa mbere mu gihugu mu turere dufite ibiti bya kawa byinshi. Kuba aka karere gafite umubare w'ibiti bya kawa…
Read more →

Nyamasheke: PSF- Nyamasheke yahawe umukoro wo gushora imari mu bikorwa bisamikiye ku bukerarugendo

PSF-Nyamasheke yashimiwe uruhare ntagereranywa igira mu iterambere ry'Akarere, ihabwa umukoro wo gukora ishoramari rishamikiye ku bukerarugendo mu…
Read more →

Ingengo y’Imari Ivuguruye y’Akarere ka Nyamasheke Yatowe na Njyanama Yiyongereyeho Asaga Miliyari 3

Ku mugoroba wo ku wa Gatanu, tariki ya 27 Gashyantare 2026, Njyanama y’Akarere ka Nyamasheke yarateranye mu nama yayo idasanzwe igamije gusuzuma no…

Read more →

Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →
-->