UMUSHINGA KULA PROJECT WATANZE AMATUNGO MAGUFI N'AMAREMARE MU MURENGE WA NYABITEKERI

Mu murenge wa Nyabitekeri, umufatanyabikorwa w'akarere Kula Project yatanze amatungo magufi n'amaremare mu rwego rwo gufasha abaturage bari mu cyiciro cy'abafashwa kwikura mu bukene, hakaba kandi hatanzwe amatungo maremare ku bahinzi ba kawa hagamijwe kubafasha kubona ifumbire y'imborera. Ifumbire y'imborera izakomoka kuri ayo matungo izabafasha kongera umusaruro wa kawa mu bwinshi n'ubwiza.

Aya matungo magufi n'amaremare yatanzwe kuri uyu wa 17 Kamena 2025 yari agizwe n’ihene 102, zikaba zahawe imiryango 51 aho buri muryango wahawe ihene ebyiri. Hatanzwe kandi inka 48 ku miryango 48 y'abahinzi ba kawa mu rwego rwo kubafasha kongera umusaruro wa kawa mu bwiza no mu bwinshi hibandwa ku gukoresha ifumbire y’imborera. 

Abaturage bahawe aya matungo bashimiye umushinga Kula Project wabahaye aya matungo, basezeranya kuyitaho kugira ngo azabafashe kwiteza imbere no kongera umusaruro biturutse mu ifumbire y'imborera izayakomokaho.

Muri uyu mwaka w'ingengo y'imari dusoza, ku muhigo wa Girinka akarere kari kahize gutanga inka zigera kuri 442, uyu muhigo ukaba waramaze kweswa kuko hamaze gutangwa inka zigera kuri 455. Iki ni igikorwa cy'ubufatanye n'akarere mu gufasha abaturage kwiteza imbere, cyane cyane hagamijwe kuzamura abaturage bari mu cyiciro cy'imiryango iri ku rutonde rw'imiryangi ifashwa kwikuravmu bukenw.

Amatungo yose yatanzwe afite agaciro kangana na miliyoni cumi n’eshanu (15,000,000Rwf) z’amafaranga y’u Rwanda. 


Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->