Umushinga wa Nadege wahize iya bagenzi be!
Mu marushanwa yo kugaragaza no gusobanura imishinga yabo iganisha ku kwihangira imirimo bashingiye ku byo biga mu ishuri (Business Idea Pitch Competiton), umushinga wa Nadege Marie Umukundwa ni wo waje ku isonga mu yindi yose ya bagenzi be yari yarahize iyindi mu bigo by'amashuri 35 mu karere ka Nyamasheke.
Nadege Marie Umukundwa ni umunyeshuri mu mwaka wa gatandatu w'amashuri yisumbuye ku kigo cya Institut Sainte Famille Nyamasheke akaba yari afite umushinga wo gukora ibikoresho by'isuku by'abana n'abagore (diapers) bikoze ku buryo bugezweho kandi bikaba bishobora kongera gukoreshwa.
Aya marushanwa yatangijwe n'umuyobozi w'akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukankusi Athanasie akaba yahuje ibigo by'amashuri 35 byari bihagarariwe n'abanyeshuri bafite imishinga yatinze mu bigo byabo.
Nyuma yo gusobanura no kugaragaza imishinga yabo, abanyeshuri bahembwe ni batanu ba mbere, uwa mbere akaba yahembwe miliyoni imwe n'ibihumbi magana atanu (1.500.000) y'u Rwanda kandi umushinga wa mbere ukaba uzakomeza mu marushanwa ku rwego rw'igihugu.
Umuyobozi w'akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage, yashimiye abanyeshuri n'ibigo byabo ku bwitabire, asaba abanyeshuri batabashije gutsinda gukomeze kunoza imishinga yabo, kugira ngo iyo mishinga izabashe kubagirira akamaro nyuma yo gusoza amasomo.
Yashimiye umunyeshuri watsinze ku rwego rw'akarere, amusaba gukomeza kunoza umushinga we kugira ngo azabashe guhesha ishema akarere ka Nyamasheke ku rwego rw'igihugu. Yasabye kandi ikigo cye, abafatanyabikorwa n'abandi kumuba hafi kugira ngo umushinga we uzajye mu mahiganwa ku rwego rw'igihugu umeze neza.
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…