Umushinga wa Nadege wahize iya bagenzi be!

Mu marushanwa yo kugaragaza no gusobanura imishinga yabo iganisha ku kwihangira imirimo bashingiye ku byo biga mu ishuri (Business Idea Pitch Competiton), umushinga wa Nadege Marie Umukundwa ni wo waje ku isonga mu yindi yose ya bagenzi be yari yarahize iyindi mu bigo by'amashuri 35 mu karere ka Nyamasheke.

Nadege Marie Umukundwa ni umunyeshuri mu mwaka wa gatandatu w'amashuri yisumbuye ku kigo cya Institut Sainte Famille Nyamasheke akaba yari afite umushinga wo gukora ibikoresho by'isuku by'abana n'abagore (diapers) bikoze ku buryo  bugezweho  kandi bikaba bishobora kongera gukoreshwa.

Aya marushanwa yatangijwe n'umuyobozi w'akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukankusi Athanasie akaba yahuje ibigo by'amashuri 35 byari bihagarariwe n'abanyeshuri bafite imishinga yatinze mu bigo byabo.

Nyuma yo gusobanura no kugaragaza imishinga yabo, abanyeshuri bahembwe ni batanu ba mbere, uwa mbere akaba yahembwe miliyoni imwe n'ibihumbi magana atanu (1.500.000) y'u Rwanda kandi umushinga wa mbere ukaba uzakomeza mu marushanwa ku rwego rw'igihugu.

Umuyobozi w'akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage, yashimiye abanyeshuri n'ibigo byabo ku bwitabire, asaba abanyeshuri batabashije gutsinda gukomeze kunoza imishinga yabo, kugira ngo iyo mishinga izabashe kubagirira akamaro nyuma yo gusoza amasomo.

Yashimiye umunyeshuri watsinze ku rwego rw'akarere, amusaba gukomeza kunoza umushinga we kugira ngo azabashe guhesha ishema akarere ka Nyamasheke ku rwego rw'igihugu. Yasabye kandi ikigo cye, abafatanyabikorwa n'abandi kumuba hafi kugira ngo umushinga we uzajye mu mahiganwa ku rwego rw'igihugu umeze neza.


Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->