Umuyobozi w'Akarere ka Nyamasheke yatangije icyumnweru cyahariwe kwita ku buzima bw'Umwana N'umubyeyi
Kuri uyu wa Mbere tariki ya 3/6/2024 ,Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke yatangije Icyumweru cyahariwe kwita ku buzima bw’Umwana n’Umubyeyi Ni igikorwa yatangirije mu murenge wa Gihombo mu Kagari ka Muhororo. ari kumwe n’Umuyobozi w’ibitaro bya Kibogora Dr. Umutoniwase Bernard ,n’abandi bafatanyabikorwa batangije ku mugaragaro iki cyumweru.

UMUYOBOZI W’Akarere yakanguriye abaturage kurwanya imirire mibi n’igwingira ry’abana bita ku minsi igihumbi y’umwana yagarutse kandi ku gukangurira abaturage kububoneza urubyaro mu rwego rwo kugira umuryango bashobora ku bonera ibibatunga bihagije.
Abaturage bakanguriwe kwitabira serivisi zigamije guteza imbere buzima bw’Umwana n’umubyeyi cyane cyane muri icyi cyumweru cyatangiye ku italiki ya 3 Kmena kugeza taliki ya 6 kamena 2024 :

Gutanga ibinini bya Vit A
Gutanga ibinini by’inzoka zo munda bya MEBENDAZOLE kubana bafite umwaka 1 kugera ku myaka 5
Gutanga ibinini by’INZOKA ZO MUNDA BYA ALBENDAZOLE kubana bafite umwaka 5 kugera ku myaka 15
Gutanga ibinini by’INZOKA ZO MUNDA BYA ALBENDAZOLE ku bantu bakuru , bafite umyaka 16 kuzamura
Gupima imikurire y’ABANA Bapimwa uburebure,ibiro,umuzenguruko w’ikizigira no kubaha ONGERA intungamubiri
Gutanga servisi zo kuboneza urubyaro
Gukingira abana bacikanwe n’inkingo
Gukangurira abaturage kwita ku isuku,kwirinda maraliya,kuryama munzitiramibu,gukangurira abagore batwite gupimisha inda hakiri kare,kubyarira kwa mugangano kwita ku mirire y’abana
Icyi cyumweru cyatangijwe kandi kumugaragaro mu mirenge yose igize Akarere ka NYAMASHEKE
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…