Urubyiruko rwiteguye gukirigita ifaranga

Ku bufatanye na Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Akarere ka Nyamasheke koroje urubyiruko rurangije amashuri rwibumbiye mu makoperative inkoko 9000 kugira ngo rurusheho kwiteza imbere nk’imbaraga z’igihugu. Urubyiruko rwahawe izi nkoko ruvuga ko rwiteze byinshi bizava mu musaruro uzava muri ubu bworozi bw’inkoko cyane ko ari nabo bazikurikiranira umunsi ku munsi. Alphonsine Bizeyiki umwe mu banyamuryango wa Koperative yo mu Murenge wa Kagano yagize ati “Nizeye ntashidikanya ko nzatera imbere kubera kwishyira hamwe n’abandi. Uzayisenga Marie Claire na we w’Umunyamuryango ndetse akaba n’umucungamutungo wayo, aremeza nawe ko azungukira byinshi muri iyi Koperative. Mu magambo ye agize ati “kuba ndi umucungamutungo wa Koperative ari nabyo nize, numva ari ishema kuko nkora nikorera, ati ubu sinshishikajwe no kujya mu migi kuko mfite icyo gukora. Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke Kamali Aimé Fabien avugako koroza urubyiruko ari gahunda nziza yatekerejweho ikanashyirwa mu mihigo y’Akarere hagamijwe gushyigikira urubyiruko rurangije kwiga banarutoza umuco wo gukorera hamwe no kuzamurana. Yagize ati “izi nkoko uko ari 9000 zose zahawe amakoperative y’urubyiruko ngo rwiteze imbere. Izi koperative zirimo ingeri nyinshi z’Urubyiruko yaba ururangije kwiga amashuri yisumbuye na kaminuza bityo kubera ibyo bize ni nabo bazakora imirimo yose yo kuzitaho. …Ntitwashaka uvura amatungo kandi muri koperative harimo ababyize, ntitwashaka umucungamutungo kandi harimo ababyize,…. Abajijwe icyo biteze ku musaruro w’izi nkoko, Umuyobozi w’Akarere yavuze ko nibura ku munsi hitezwe ko izi nkoko zajya zitera amagi 7200 wakuba nibura n’amafaranga 70 ku igi rimwe ukabona ko ari amafaranga 504000. Yongeyeho kandi ko nta kibazo cy’isoko bafite. Yagize ati “usibye ko na hano iwacu dukeneye amagi yo kurya abantu bakihaza mu ndyo yuzuye ariko no hakurya mu baturanyi i Kongo hari isoko rinini kuko andi yavaga mu Bugande agahenda mu bwikorezi. Uyu mushinga w’inkoko 9000 zorojwe urubyiruko rwo mu mirenge icyenda igize Akarere ka Nyamasheke muri gahunda yo kuzamura imibereho y’urubyiruko ku bufatanye na Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi. Izi nkoko kandi zanazanye n’ibiryo byazo bizazitunga mu mezi atatu zikabona kwegurirwa amakoperative azicunga

Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->