Uwishe umugore aba arangije urubyaro

Byagarutsweho n'umuyobozi w'akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza Madamu Mukankusi Athanasie mu ijambo yagejeje ku bitabiriye Kwibuka ku nshuro ya 31 jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, ku rwibutso rwa Jenoside rwa Nyamasheke, ahibukwaga abagore n'abana ku rwego rw'akarere ka Nyamasheke.

Umuyobozi w'akarere wungirije akaba n'umushyitsi mukuru muri iki gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 31 abagore n'abana, yavuze ko jenoside yakorewe abatutsi yakonanywe ubukana hagamije kurimbura inyoko tutsi, ati: “ nk'uko twatangiye tubyumva, uyu munsi twibutse ku rwego rw'akarere abagore n'abana bazize jenoside yakorewe abatutsi, ariko nk'uko tubizi ni ikimenyetso simusiga kigaragaza ko jenoside yari yarateguranywe ubukana kandi yari ifite intego yo kurimbura ubwoko tutsi, kuko abagore ni twe tubyara, uwishe umugore aba arangije urubyaro. Ni ukuvuga ngo no kororoka biba bihagaze.”

Yahamagariye abana bo mu bigo by'amashuri bari bitabiriye iki gikorwa, kwigira ku butwari bwaranze ingabo zahoze ari iza RPA zagize ubutwari bwo guhagarika jenoside, bakazifatiraho indangagaciro zo kwanga ikibi. “Iyo twibuka rero bana bacu, uyu munsi ntabwo mwize, turi mu masaha asoza umunsi twibuka, ntabwo tuba twaje kwibuka kubera ko twabuze ibindi dukora. Sibyo? Tuba twaje kwibuka kugira ngo twongere duhamye ko jenoside yabaye mu Rwanda, ariko tunabyigireho dufate n'ingamba zo kwanga uwo ari we wese watuma jenoside yongera kugaruka, watuma amacakubiri yongera kugaruka mu gihugu cyacu, tugafatiraho n'ingamba zo guhamya ko dukwiye kubana neza. Mwebwe rero muri abana, mukwiye kubikora, mukabitangira mukiri bato, kugira ngo muzakure muri abana beza bahesha u Rwanda ishema.”: Ubutumwa umuyobozi w'akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza yagejeje ku bana bitabiriye igikorwa cyo Kwibuka31 abagore n'abana bazize jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.   


Hatangizwa icyumweru cy'icyunamo n'iminsi 100 yo #Kwibuka32 Meya Mupenzi Narsicce yibukije ko kudasesengura byagejeje u Rwanda kuri Jenoside

Meya Mupenzi Narcisse yashimangiye ko kuba amacakubiri yarazanywe n'abakoloni ariko abanyarwanda barimo abayobozi n'abaturage ntibagire isesengura…
Read more →

Ikipe y'abagore y'umurenge wa Mahembe ikomeje kuba ubukombe mu ntara y'Iburengerazuba

Ikipe y'abagore y'umurenge wa Mahembe ikomeje kuba ubukombe mu marushanwa Umurenge Kagame Cup aho mu myaka 2 yikurikiranya ikomeje kuza ku isonga…
Read more →

Nyamasheke mu rugamba rwo kuba iya mbere mu bwiza bwa Kawa n'ubwinshi bw'umusaruro nyuma yo kuba ku isongo mu kugira ibiti bya kawa byinshi

Akarere ka Nyamasheke kari ku mwanya wa mbere mu gihugu mu turere dufite ibiti bya kawa byinshi. Kuba aka karere gafite umubare w'ibiti bya kawa…
Read more →

Nyamasheke: PSF- Nyamasheke yahawe umukoro wo gushora imari mu bikorwa bisamikiye ku bukerarugendo

PSF-Nyamasheke yashimiwe uruhare ntagereranywa igira mu iterambere ry'Akarere, ihabwa umukoro wo gukora ishoramari rishamikiye ku bukerarugendo mu…
Read more →

Ingengo y’Imari Ivuguruye y’Akarere ka Nyamasheke Yatowe na Njyanama Yiyongereyeho Asaga Miliyari 3

Ku mugoroba wo ku wa Gatanu, tariki ya 27 Gashyantare 2026, Njyanama y’Akarere ka Nyamasheke yarateranye mu nama yayo idasanzwe igamije gusuzuma no…

Read more →

Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →
-->